Igisirikare cya Israel kiravuga ko cyemeye gufasha mu kuvana abana mu bitaro bya Al-Shifa muri Gaza bakimurirwa mu kigo “gifite umutekano”.
BBC yoherejwe amafoto y’abana nibura 20 bavutse bacumbikiwe ahasanzwe hatangirwa serivisi zo kubaga muri ibyo bitaro bya Al-Shifa.
Itsinda ry’abaganga rivuga ko abana babiri bavutse batagejeje igihe bapfuye kubera kubura amashanyarazi muri Al-Shifa; aho umuganga ubaga mbere yari yavuze ko ikigo cyabuze amazi, ibiryo n’amashanyarazi.
Igisirikare cya Israel cyahakanye ibirego by’uko kibasiye Al-Shifa, ibitaro binini muri Gaza, ariko yemera ko habaye imirwano n’abarwanyi ba Hamas muri ako gacenk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Igisirikare cya Israel cyashinje inshuro nyinshi Hamas gukorera mu myobo uri munsi y’ibitaro, ariko uyu mutwe ufatwa nk’uw’iterabwoba n’ibihugu birimo u Bufaransa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika urabihakana.
Umuryango w’abagiraneza, Abaganga Batagira Umupaka (MSF) uvuga ko ibitaro byo mu karere ka Gaza byatewe “ibisasu ubudatuza” mu masaha 24 ashize.
Israel yatangiye gutera Gaza nyuma y’ibitero bya Hamas ku itariki ya 7 Ukwakira, aho abantu 1400 bishwe abandi barenga 200 bajyanwa na Hamas bunyago.
Minisiteri y’ubuzima iyobowe na Hamas ivuga ko kuva ibitero bya Israel muri Gaza byatangira hamaze kwicwa abantu barenga 11.000, muri bo abarenga 4500 bakaba ari abana.


