Itsinda ry’indorerezi z’amatora z’Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi rizoherezwa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo mu rwego rwo gukurikirana amatora rusange ateganijwe ku itariki ya 20 Ukuboza, guhera kuri uyu wa Mbere, mu gihe hakibazwa niba koko amatora azaba.
Iri tsinda rigizwe n’indorerezi 42 z’igihe kirekire kugeza muri Mutarama 2024. Iri tangazo ryashyizwe ahagaragara na Stéphane Mondon, umudepite akaba n’umuyobozi w’intumwa z’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi, mu nama yagiranye n’ubuyobozi bwa komisiyo yigenga y’amatora (CENI) nk’uko bitangazwa na Actualite.cd.
Ati: “Ni ubutumwa bwibanda ku nzira y’amatora yo mu 2023, bityo bukaba buzakwirakwizwa mu mezi make kugira ngo bukurikirane inzira zose z’amatora mu rwego rw’ubutumire twahawe n’abayobozi ba Congo. Ubu butumwa buzoherezwa mu ntara 18, atari ku munsi w’amatora gusa, ahubwo no mu gihe cyo kwiyamamaza…”
Umuryango w’Ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi uvuga ko wakiriye neza mu ubutumire bwa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) bwo kohereza indorerezi gukurikirana amatora ateganijwe ku itariki ya 20 Ukuboza 2023, ziyobowe n’indorerezi nkuru, Depite Malin Bjà¶rk.
Ishami ry’itumanaho rya CENI rivuga ko itsinda ry’indorerezi rigizwe n’inzobere 13 z’amatora n’indorerezi 42 z’igihe kirekire. Hateganijwe kandi ko indorerezi 12 z’igihe gito zizoherezwa mbere y’umunsi w’itora.


