USA: Umwirabura wa mbere wari wizeye kuba umukandida w’Abarepubulikani yivanye mu ihiganwa

Sangiza iyi nkuru

Senateri w’Umunyamerika wo mu ishyaka ry’Abarepubulikani, Tim Scott, ukomoka muri Caroline y’Amajyepfo yavuye mu guhatanira umwanya w’umukuru w’igihugu mu matora ya perezida ateganyijwe mu mwaka utaha wa 2024.

Yari yizeye kuzaba Umunyamerika wa mbere wirabura wemejwe n’ishyaka ry’Abarepubulikani ngo azarihagararire mu matora y’umukuru w’igihugu.

Yatangarije Fox News ati “Ntekereza ko abatora, ari bo bantu b’ingenzi ku Isi, babisobanuye neza bambwira bati: ‘Ntabwo ari ubu Tim’.”

Nubwo Tim Scott yabanje guterwa inkunga cyane, yananiwe kwigarurira imitima y’abatora mu bushakashatsi bwakozwe ku byava mu matora aramutse abaye aka kanya.

Nta mukandida n’umwe mu bakandida basigaye yigeze atangaza ko ashyigikiye, kandi yanze kwiyamamariza kuba visi-perezida. Yabaye umusenateri kuva mu 2013.

Igitangaje, uwahoze ari perezida, Donald Trump, ari imbere mu bo bahanganiye kuzavamo umukandida w’ishyaka ry’Abarepubulikani muri ubwo bushakashatsi.

Icyemezo cya Senateri Scott cyafashwe amezi abiri gusa mbere y’uko haba amatora y’ibanze y’abakandida bazahagararira Abademokarate n’Abarepubulikani mu matora ya perezida mu gikorwa kizatangirizwa muri Iowa.

Ubushakashatsi buherutse gukorwa na CBS News / YouGov bwagaragaje ko Tim ashyigikiwe na 4% gusa by’abatora, bimushyira ku mwanya wa gatanu mu ihatana ry’Abarepubulikani kandi aza inyuma ya Trump.

Bamwe mu baterankunga bakomeye bari bashyigikiye Scott bavuga ko ubu bagiye gushyigikira uwahoze ari Ambasaderi wa Amerika mu Muryango w’Abibumbye, Nikki Haley, na we ukomoka muri Caroline y’Amajyepfo. Yigaragaje cyane kurusha Scott mu biganiro mpaka byo kuri televiziyo by’Abarepubulikani Trump atitabiriye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *