FARDC irigamba kubuza M23 kwerekeza muri Sake

Sangiza iyi nkuru

FARDC irigamba kuba kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 25 Ugushyingo, yabujije inyeshyamba za M23 gutera imbere zerekeza mu mujyi wa Sake, muri Teritwari ya Masisi, ho muri Kivu y’Amajyaruguru.

Ibi bikurikira imirwano yakomeje hagati y’impande zombi muri Kilolirwe ku muhanda wa Sake-Kitshanga.

Bivugwa ko ibisasu bya M23 byibasiye ibirindiro by’ingabo z’igihugu.

Iyi mirwano yabaye nyuma y’iminsi itatu M23 yongeye kwigarurira umujyi wa Mwesso, wo muri Teritwari ya Masisi.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza ngo indi mirwano yavuzwe ku wa Gatatu mu duce tubiri twa Teritwari ya Masisi.

Aha ni mu gace ka Karenga, muri parike y’igihugu ya Virunga na Kilolirwe ku muhanda ugana Kitshanga.

Aha kandi kuri iki Cyumweru habyukiye urusaku rw’imbunda nini n’intoya aho bivugwa ko FARDC irimo gusuka ibisasu ku birindiro bya M23 muri utu duce twa Karenga na Kilolirwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *