Ishyaka rya Perezida George Weah rirashinja abatavuga rumwe n’ubutegetsi kwiba amajwi

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka riri ku butegetsi muri Liberia ryavuze ko ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi ryibye amajwi mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu cyumweru gishize.

Ishyaka rya Perezida George Weah, Coalition for Democratic Change (CDC), ryatangaje ko rifite ibimenyetso ko uwahoze ari umukinnyi w’umupira w’amaguru yibwe amajwi mu matora yari arimo guhangana cyane ku itariki ya 14 Ugushyingo.

Mu kiganiro n’abanyamakuru mu murwa mukuru w’iki gihugu, Monrovia, Jefferson Koijee yagize ati: “Dufite ibimenyetso bifatika byerekana ko amatora yibwe.”

Joseph Boakai wo mu ishyaka ry’Ubumwe (Unity Party )yatsinze Weah uri ku butegetsi ku majwi arenga 20.000 mu cyiciro cya kabiri nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Icyiciro cya kabiri cy’amatora cyatangajwe nyuma y’uko Weah na Boakai badashoboye kubona amajwi 50% mu matora ya perezida yo ku itariki ya 10 Ukwakira, nk’uko amategeko agenga amatora abiteganya.

Abakandida bombi bari begeranye cyane mu majwi mu matora indorerezi z’Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi n’umuryango w’ubukungu w’ibihugu bya Afurika y’Iburengerazuba zavuze ko yabaye mu mucyo no mu bwisanzure.

Weah yamaze kwemera gutsindwa, asezeranya kutazavuguruza ibyavuye mu matora mu rukiko kugira ngo igihugu gitekane. Ariko, ishyaka rye ryatangiye kuvuga ko yibwe amajwi n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Liberia yari imaze imyaka 20 itekanye nyuma y’imyaka icumi y’intambara y’abenegihugu yarangiye mu 2003.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *