gbcuob5xqaa3yb7.jpg

EACRF: Ingabo z’u Burundi 900 zari muri Kivu y’Amajyaruguru zatashye

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki ya 10 Ukuboza 2023, umugaba mukuru w’ingabo za EAC zoherejwe mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (EACRF), Maj Gen Aphaxard Kiugu ari kumwe na ba Brig. Gen. Emmanuel Kaputa, Gregoire Ndorarigonya, Michael Kibuye, Colonel Jok Akech n’abandi basezeye ku Ngabo z’u Burundi (BURCON) zatangiye kuva muri iki gihugu nyuma y’iza Kenya na Sudani y’Epfo, mu gihe iza Uganda na zo zahawe amabwiriza yo gutangira kuhava.

Kugenda kw’Ingabo z’u Burundi zari muri EACRF bijyanye na gahunda yo gusohoka kwa EACRF yagejejwe ku Bagaba b’Ingabo / Abakozi mu nama idasanzwe yabaye ku itariki ya 6 Ukuboza 2023, i Arusha, yabaye nyuma y’amabwiriza yatanzwe nmu Nama ya 23 isanzwe yo ku itariki ya 24 Ugushyingo 2023.

gbcuob5xqaa3yb7.jpg

Mu nama isanzwe ya 23, Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bamenyeshejwe icyemezo cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo cyo kutongera manda ya EACRF nyuma yo kurangira kwa yo ku itariki ya 8 Ukuboza 2023.

Umugaba mukuru wa EACRF yashimye izi ngabo ku “mikorere myiza no kwiyemeza gushyira ingufu mu gushaka amahoro arambye n’ituze mu burasirazuba bwa DRC igihe zoherezwaga i Kirolirwe, Kitshanga na Mweso muri Teritwari ya Masisi, Kivu y’Amajyaruguru”.

Yagize ati: “Koherezwa kwanyu n’izindi ngabo za EAC byatumye Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) na M23 bagirana amasezerano yo guhagarika imirwano mwashoboye kubungabunga kugeza igihe yarengwagaho mu Kwakira. Twari dufite manda yatanzwe n’abakuru b’ibihugu bya EAC ubu yarangiye.

gbcvl8owuaatlam.jpg

Isengesho ryacu n’ibyiringiro byacu ni uko abaturage ba Kivu y’Amajyaruguru bazashobora kugira amahoro n’umutekano mu bihe biri imbere. ”

Ingabo zirenga 900 z’u Burundi zasohotse mu karere zinyuze ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Goma mu gihe ibikoresho byazo byanyuze ku butaka. Iri ni itsinda rya gatatu ryasohotse nyuma y’ibihugu bya Kenya na Sudani y’Epfo, bimaze gucyura ingabo zirenga 250 na 300.

gbcvdq7wqaathin.jpg

Ingabo zisigaye za EACRF, zirimo ingabo za Uganda, zifite kugeza ku itariki ya 7 Mutarama 2024 kugira ngo zizabe zarangije gusubira mu gihugu cyazo.

Ingabo z’u Burundi zatangiye gutaha mu gihe zagiye zivugwaho kenshi gufatanya na FARDC n’izindi nyeshyamba z’abafatanyabikorwa mu kurwanya inyeshyamba za M23 ndetse inyinshi muri izi ngabo zirimo abasirikare bakuru zikaba zarasize ubuzima ku rugamba.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *