Senegal: Urukiko rwemereye umunyapolitiki Sonko wari ufunzwe kwiyamamaza mu matora ataha

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Rukuru rwa Dakar rwategetse ko umuyobozi w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi Ousmane Sonko asubizwa ku gitabo cy’amatora kuri uyu wa Kane, bifungurira inzira uyu munyapolitiki wari ufunzwe, yo kuziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu yo mu mwaka utaha muri Senegal.

Uyu munyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi yakuwe ku rutonde w’itora na guverinoma nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwangiza urubyiruko muri Kamena, icyemezo yamaganye avuga ko gishingiye ku nyungu za politiki kandi kigamije gutesha agaciro icyifuzo cye cyo kwiyamamariza kuba perezida.

Mu Kwakira, urukiko rwo mu majyepfo ya Ziguinchor, umujyi Sonko abereye meya, rwategetse ko asubizwa kuri lisiti y’itora, icyemezo cyajuririwe na leta.

Mu Gushyingo, Urukiko rw’Ikirenga “rwatesheje agaciro kandi rusesa” icyemezo cy’urukiko rw’ibanze.

Rwohereje urubanza mu rukiko rwisumbuye rwa Dakar kugira ngo rusubirwemo nk’uko iyi nkuru dukesha Anadolu Agency ivuga.

Umucamanza w’urukiko rukuru yasanze imenyekanisha ry’uko Sonko yakuwe ku ilisiti y’itora ritashyikirijwe umuntu bireba, nk’uko Cire Cledor Ly, umuyobozi w’abunganira Sonko yabitangarije abanyamakuru nyuma y’urubanza.

Ati “Umucamanza yemeje icyemezo cy’urukiko muri Ziguinchor. Ni intsinzi ya demokarasi”.

Sonko, w’imyaka 49, ishyaka rye PASTEF ryasheshwe na guverinoma mu ntangiriro z’uyu mwaka, yafunzwe mu mpera za Nyakanga i Dakar ashinjwa ibyaha birimo guhamagarira rubanda kwigomeka no kugambanira leta.

Yamaze ibyumweru byinshi mu bitaro mu gihe yari ari mu myigaragambyo yo kwiyicisha inzara, mbere y’uko asubizwa muri Gereza ya Dakar.

Nyuma yaje guhagarika kwiyicisha inzara. Sonko yegukanye umwanya wa gatatu mu matora yo mu 2019 ahanganye na Perezida Macky Sall, wanze kwiyamamariza manda ya gatatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *