Burundi: Nyuma y’umwaka yishwe, guverinoma irashinjwa kuryamisha dosiye y’urupfu rwa Hafsa Mossi

Sangiza iyi nkuru

Umwaka urihiritse Depite Hafsa Mossi wo mu gihugu cy’u Burundi yishwe, ariko iperereza ku iyicwa rye ryaheze ahantu hamwe. Abantu batawe muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu rupfu rwe bavuga ko bahimbiwe ndetse bagasaba kurekurwa kuko nta n’umwe uragezwa imbere y’urukiko kuva bafatwa.

Nyuma y’iyicwa rya Depite Hafsa Mossi wari uhagarariye u Burundi mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EALA, igipolisi cy’u Burundi cyahise kijya ku maradiyo gitangaza ko iperereza rizamara igihe gito. Nyuma y’umwaka ariko, ngo iperereza ntacyo riragaragaza. Iperereza ry’ibanze ryakozwe na Radio RPA dukesha iyi nkuru, ngo rikaba ryarasanze Hafsa Mossi yarazize amarangamutima yagaragaje mu mpunzi z’Abarundi zahungiye mu Rwanda ubwo yazisuraga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

mossi1
Nyakwigendera Hafsa Mossi ubwo yaganiraga n’abana b’impunzi mu Nkambi ya Mahama

Ubwo ibibazo byo mu Burundi byatangiraga mu 2015, Nyakwigendera Mossi wari umudepite muri EALA yagiye mu Karere ka Kirehe, mu Burasirazuba bw’u Rwanda, ahubatswe Inkambi ya Mahama icumbikiye impunzi z’Abarundi zisaga 40,000. Nyuma yo kubona ubuzima izi mpunzi zari zibayemo, Hafsa Mossi guhisha amarangamutima byaramunaniye ararira. Ibintu ngo bitigeze bishimisha bamwe mu bayobozi b’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi, ndetse na Hafsa Mossi yabarizwagamo, batangira kumushinja ubugambanyi ngo kuko yatinyutse kurira imbere y’abanzi b’igihugu.

Hafsa
Hafsa Mossi arizwa n’ubuhamya bw’impunzi

agahinda 2

Yaje kwicwa kuwa 13 Nyakanga 2016 arasiwe ahitwa Mutanga Nord, mu ntambwe zitari nyinshi uvuye iwe mu rugo.

Nyuma yo kwicwa, igipolisi cy’u Burundi cyashinjije u Rwanda kuba ari rwo ruri inyuma y’iyicwa rya Mossi ndetse gita muri yombi abantu batanu gishinja kugira uruhare mu iyicwa rya Hafsa Mossi, ngo bigaragara ko ntaho bahuriye nk’uko byemezwa n’abegereye iyi dosiye. Abo bafashwe akaba ari: Evelyne Izobiriza, Channel Mfuranzima, Jean-Baptiste Ntirandekura, S/Lt. Eric Ndayishimiye na Ernest Sinzinkayo.

Aba bose bavuga ko ibyo bashinjwa ari ibihimbano kandi bakavuga ko bataragezwa imbere y’ubutabera kubera ko ubushinjacyaha nta birego bufite bubashinja.

Usibye kuba yari umudepite muri EALA, Hafsa Mossi yabaye umukada ukomeye w’ishyaka CNDD-FDD, ndetse yanabaye mu myanya ikomeye nka minisitiri w’itangazamakuru ndetse akaba yaranigeze kuba umuvugizi wa guverinoma kuva mu 2005 kugeza mu 2007 mbere yo kugirwa minisitiri ushinzwe ibikorwa bya EAC kuva mu 2009 kugeza mu 2011 mbere yo guhagararira u Burundi muri EALA kuva mu 2012. Yanabaye umunyamakuru wa BBC mbere yo kugaruka mu Burundi muri za 2000.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *