Muri Burkinafaso, Abafaransa bane bafungiwe muri Ouagadougou bakekwaho kuba intasi z’ubutasi bwo hanze bw’u Bufaransa. Bafashwe mu ntangiriro z’uku kwezi muri Ouagadougou. Ku ruhande rw’u Bufaransa, barahakana ko ari intasi.
Nk’uko amakuru aturuka muri diplomasi agera kuri RFI abitangaza, ngo ku itariki ya 1 Ukuboza i Ouagadougou ni bwo Abafaransa bane batawe muri yombi. Nk’uko ayo makuru abivuga, aba benegihugu b’u Bufaransa ngo ni abatekinisiye ba leta, bafite passports z’abadipolomate zemewe kandi bari mu butumwa bwo gukorera maintanance mudasobwa za Ambasade y’u Bufaransa.
Ayo makuru akomeza avuga ko Abafaransa uko ari bane bashinjwe nyuma y’ibyumweru bibiri hanyuma bafungirwa i Maco, kasho y’agateganyo yo mu murwa mukuru.
Amakuru agera kuri Jeune Afrique yo avuga ko aba ari abakozi ba DGSE, Ubuyobozi Bukuru bw’Ubutasi bwo Hanze bw’u Bufaransa, bityo bakaba barafashwe bazira “ubutasi”. Iki kinyamakuru kivuga ko aba bakozi bari bageze mu gihugu mu buryo bwemewe kandi bagiye mu kazi ka leta.
N’ubwo umubano ugenda urushaho kuba mubi hagati y’u Bufaransa na Burkina Faso, iki kinyamakuru gikomeza kivuga ko ubutasi bw’ibihugu byombi bwakomeje umubano w’ubufatanye mu bya tekiniki n’ibikorwa.
Amakuru yemejwe na AFP ivuga ko ikesha umwe mu badipolomate b’Abanyaburayi, agaragaza ko abo Bafaransa bane bavumbuwe na bagenzi babo bo muri Burkina Faso. Biravugwa ko imishyikirano ikomeje kugira ngo barekurwe.


