M23 iremeza ko indege, ibifaru na za drones bya FARDC biri kurasa ku baturage no ku birindiro byabo

Sangiza iyi nkuru

Amakuru aturuka muri Kivu y’Amajyaruguru, aravuga ko kuri iki Cyumweru, itariki ya 24 Ukuboza 2023, habaye imirwano ikaze hagati y’Ingabo za Congo (FARDC), zifatanyije na Wazalendno, ndetse n’inyeshyamba za M23 ku muhanda wa Muremure-Karuba ndetse imirwano ikaba ikomeje.

Imirwano yamaze akanya gato kandi yavuzwe kuri iki Cyumweru i Mushebere na Bumbasha muri Gurupoma ya Bukombo hagati ya Wazalendo n’inyeshyamba za M23. Urusaku rw’intwaro nto n’iziremereye rwatangiye ahagana mu ma saa kumi za mugitondo rwahagaze ahagana saa moya za mugitondo ku isaha yaho.

Ku ruhande rwayo, M23 ibinyujije ku muvugizi, Laurence Kanyuka, irashinja Guverinoma ya Kinshasa gukomeza kurenga ku gahenge kari kasabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu minsi ishize kagombaga kurangira kuwa 28 Ukuboza 2023.

Abinyujije kuri X, Kanyuka yavuze ko guhera saa cyenda z’urukerera kuri iki Cyumweru, itariki 24 Ukuboza, ihuriro rya guverinoma rigizwe na FARDC, FDLR, Abacanshuro, izindi nyeshyamba n’Ingabo z’u Burundi, bateye ahantu hatuwe cyane muri Kilorirwe, Mushaki, Kitshanga no mu nkengero zaho no ku birindiro byabo byose bakoresheje imbunda ziremereye, indege z’intambara, ibifaru na za drones.

Yongeyeho ko M23 ifite uburenganzira bwo kwirwanaho no kurinda abaturage b’abasivili, kandi ashimangira ko kudafasha umuntu uri mu kaga bikwiye kwamaganwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *