Kenya :Perezida Kenyatta ntazitabira ikiganiro mpaka gihuza abahatanira kuyobora igihugu

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta ntabwo azitabira ikiganiro mpaka gihuza abahatanira umwanya wo kuyobora Kenya.
Iki kiganiro giteganyijwe kuba tariki ya 24 Nyakanga 2017 kikazabera kuri televiziyo y’igihugu.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuyobozi w’ibiro bye bishinzwe itumanaho, Dennis Itumbi yatangaje ko Kenyatta atazaboneka nkuko bigaragara ku rukuta rwe rwa twitter.
Iki kiganiro mpaka kizakorwa nyuma yuko cyimuwe tariki ya 10 Nyakanga kubera ko Perezida Kenyatta na Raila Odinga batari kuboneka.
Umunyamabanga mukuru w’ishyaka Jubilee rya Uhuru Kenyatta yavuze ko abateguye icyo kiganiro mpaka ku bijyanye n’igihe cyazabera batavugishije abagize iri shyaka kuri gahunda zaryo.
Icyo gihe Perezida Kenyatta ngo abaza ari guhura n’abaturage mu masoko no mu ngo.
William Ruto ntaza kwitabira ikiganiro gihuza aba bakandida kiba uyu munsi saa moya n’igice z’umugoroba muri iki gihugu. Yari guhagararirwa na Depite Kimani Ichung’wa Raphael Tuju wavuze ko ataboneka.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Abandi bakandida bane nabo bavuze ko bataza kuboneka muri iki kiganiro cyagombaga kwitabirwa n’abakandida 8 bahatanira uyu mwanya.
Abateganya kwitabira ibi biganiro bavuga ko Kenyatta aba ahanganye na Raila Odinga, ari nabo baba bashaka kureba uburyo bahangana.
Amatora muri iki gihugu ateganyijwe tariki ya 8 Kanama 2017.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Ntakirutimana Deus
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *