Igihugu cya Ethiopia cyiyemeje kwemera Somaliland nk’igihugu cyigenga kugirango na yo yemererwe kugera ku cyambu ku Nyanja Itukura. Guverinoma ya Somalia yavuze ko ayo masezerano ari “ukurenga ku busugire bwayo.”
Kuri uyu wa Kabiri ushize, Guverinoma ya Somalia yamaganye amasezerano hagati ya Ethiopia n’akarere kayiyomoyeho ka Somaliland.
Amasezerano yemejwe ku wa Mbere, azatuma Ethiopia ibasha kugera ku Nyanja Itukura no ku mihanda y’ingenzi y’ubucuruzi hanyuma na yo yemere Somaliland, akarere kambukiranya amajyaruguru y’Ihembe rya Afurika gashaka kwitandukanya na Somalia, nk’igihugu cyigenga.
Abategetsi ba Somalia bavuze ko Somaliland yakomeje kuba igice cya Somalia hakurikijwe itegeko nshinga. Guverinoma yagize iti: “Kubera iyo mpamvu, Somalia isanga iyi ntambwe ari ukurenga ku busugire n’ubumwe bwayo.”
Ni ayahe masezerano yabaye hagati ya Ethiopia na Somaliland?
Somaliland yemereye Ethiopia bituranye isanzwe idakora ku nyanja, gukoresha icyambu cyayo cya Berbera ku Nyanja Itukura nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga.
Umujyanama mu by’umutekano wa Ethiopia, Redwan Hussein, yatangaje ko izakodesha kandi ahantu hangana n’ibirometero 20 ku nyanja mu gihe cy’imyaka 50 ari nako bizemerera Ethiopia kubaka ibirindiro bya gisirikare ku nkombe.
Addis Ababa yari yarigeze kwishingikiriza kuri Djibouti mu bucuruzi bwayo ku mazi nyuma yo gutakaza amahirwe yo kugera ku nkombe nyuma y’intambara yamaze imyaka mirongo itatu yarangiye Eritrea ibaye igihugu cyigenga ikitandukanya na Ethiopia mu 1993 igasigara ari yo ikora ku nyanja.
Minisitiri w’intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, yari aherutse kugaragaza icyifuzo cyo kugera ku Nyanja Itukura, bituma havuka impungenge mu baturanyi ko yaba ishaka kubashozaho intambara.
Kugirango Ethiopia rero ibashe gukoresha icyambu cya Somaliland, yari yayemereye kuyemera nk’igihugu no kuba ‘igihugu cya mbere kiyemeye nka Repubulika ya Somaliland.
Kuwa Mbere, amasezerano y’ubwumvikane yashyizweho umukono hagati ya Abiy n’umuyobozi wa Somaliland, Muse Bihi Abdi.
Somalia yasubije ite?
Kuri uyu wa Kabiri, itariki 2 Mutarama 2024, Perezida Hassan Sheikh Mohamud yavuze ko aya masezerano atunguranye ari “agasuzuguro ku mahame mpuzamahanga”, mu ijambo yagejeje ku nteko ishinga amategeko.
Ati: “Ntabwo ari amasezerano, ahubwo ni ukurenga ku mibereho yacu nk’igihugu”.
Iki cyemezo cyaje nyuma y’uko Guverinoma ya Somalia itangiye ibiganiro n’abayobozi muri Somaliland. Mohamud yashimangiye kandi ko Somalia yashakaga gukorana na Ethiopia kubw’ejo hazaza heza h’ibihugu byombi.
Nyuma y’inama y’igitaraganya, Inama y’abaminisitiri yahamagariye Akanama gashinzwe umutekano k’Umuryango w’Abibumbye na Afurika Yunze Ubumwe kugira icyo bikora.
Usibye Leta ya Somalia, n’umutwe w’intagondwa z’abayisilamu wa al-Shabab wamaganye ayo masezerano kandi wiyemeza “kurengera igihugu cyacu n’inyanja n’amaraso yacu.”
Somaliland, akarere gatuwe n’abaturage bagera kuri miliyoni 3,5, yatangaje ubwigenge mu 1991 kandi kuva icyo gihe ikaba yararokotse ubugizi bwa nabi bwinshi bwibasiye izindi ntara za Somalia bw’imitwe nka al-Shabab.


