Impirimbanyi y’uburenganzira bw’abaryamana bahuje ibitsina muri Uganda, Steven Kabuye, mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu ushize yatewe icyuma n’abantu batamenyekanye igihe yari ari mu nzira ajya mu kazi nk’uko bivugwa n’umuryango akuriye.
Uyu muryango, Coloured Voice -Truth to LGBTQ, ryacishije ubutumwa ku rubuga rwa X (rwahoze rwitwa Twitter) uvuga uti: “Amerewe nabi cyane, turasaba ko mwamugumisha mu mutima mu masengesho yanyu”.
Amashusho yacishijwe kuri konti ya Kabuye imwerekana yigaragura mu buribwe n’icyuma mu nda n’igikomere ku kaboko.
Impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, Frank Mugisha avuga ko “ibyaha by’urwango nta mwanya bifite muri Uganda “.
Muri ubu butumwa yacishije kuri X nk’uko tubikesha BBC, yagize ati: “Turasaba igipolisi gukora iperereza ryimbitse”.
Mu mwaka ushize, Uganda yemeje rimwe mu mategeko akomeye yo guhangana n’ubutinganyi.
Iri tegeko ryateje uburakari mu mpande zitandukanye z’Isi, aho Banki y’Isi yahise inahagarika inkunga nshya yari igenewe Uganda, Leta Zunze Ubumwe za Amerika nazo zihagarika viza (visas) ku bagegetsi bakuru ba Uganda.
Muri iryo tegeko, umuntu uwo ari we wese ufashwe ari mu bikorwa by’ubutinganyi ashobora guhabwa igihano cy’igifungo cya burundu.
Amashyirahamwe aharanira uburenganzira bwa muntu asaba urukiko rushinzwe kurinda itegeko nshinga gutesha agaciro iryo tegeko.


