Abantu bitwaje imbunda bipfutse mu maso binjiye muri studio ya televiziyo iri Live muri Equateur, igihugu kiri muri Amerika y’amajyepfo, bakangaranya abakozi.
Abakozi bahatiwe kuryama hasi igihe televiziyo ya leta, TC, mu mujyi wa Guayaquil, yatambutsa ikiganiro mbere yuko bakuraho live.
Polisi ivuga ko nyuma yabohoje abakozi bose maze ifata 13, yerekana intwaro zafashwe nk’uko ii nkuru dukesha BBC ivuga.
Nibura abantu 10 bamaze kwicwa kuva muri iki gihugu hatangazwa ibihe bidasanzwe by’iminsi 60 kuva ku wa Mbere.
Ibi bihe bidasanzwe byatangajwe nyuma y’uko umugizi wa nabi kabuhariwe atorotse kasho ye.
Ntiharamenyekana niba ibyabereye kuri televiziyo i Guayaquil byari bifitanye isano no gucika muri gereza na yo yo muri uyu mujyi k’umuyobozi w’agatsiko ka Choneros gang, Adolfo Macà Âas Villamar, cyangwa Fito nk’uko azwi cyane.
Mu gihugu cy’abaturanyi cya Peru, guverinoma yategetse kohereza abapolisi mu buryo bwihuse ku mupaka kugira ngo hatabaho umutekano muke agerageza kwinjira muri iki gihugu.


