Igitero cya drone ku birindiro bya Amerika cyahitanye abasirikare 3

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare batatu ba Amerika bapfuye abandi benshi barakomereka mu gitero cy’indege zitagira abapilote ku birindiro by’Ingabo za Amerika hafi y’umupaka wa Yorodaniya na Syria.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko iki gitero cyagabwe n’ “imitwe yitwara gisirikare ishyigikiwe na Irani”. Yongeyeho ati: “Tuzasubiza.”

Irani yatangaje ko nta ruhare yagize muri icyo gitero nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Ni ku nshuro ya mbere igitero gihitanye ingabo za Amerika muri kariya karere kuva Hamas yagaba igitero kuri Israel ku itariki ya 7 Ukwakira.

Yorodaniya ivuga ko icyo gitero cyabereye muri Syria, atari imbere muri Yorodaniya.

Hari hamaze kuba ibindi bitero ku birindiro by’Abanyamerika muri kariya karere, ariko mbere yo ku Cyumweru nta basirikare bari bagahitanwe nabyo nk’uko byemezwa n’Igisirikare cya Amerika.

Ntiharamenyekana uwihishe inyuma y’iki gitero giheruka.

Perezida Biden yavuze ko Amerika “izita ku babigizemo uruhare mu gihe kimwe no mu buryo tuzahitamo”.

Irani yahakanye ibirego by’Abanyamerika n’Abongereza bavuga ko ishyigikiye imitwe yitwara gisirikare ikomeje kwibasira inyungu zabo muri ako karere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *