Uwahoze ari umukozi wa CIA yakatiwe igifungo cy’imyaka 40 kubera ko yamennye amabanga yari amaze kubona mu buryo bwo gu hackinga akayaha urubuga rwa interineti Wikileaks.
Joshua Schulte na we yahamwe n’icyaha cyo gutunga amashusho yo guhohotera abana.
Abashinjacyaha bamushinje ko yamennye amabanga ya “Vault 7” igikoresho cya CIA, abashinzwe iperereza bakoresha mu gukurikirana telefoni zigendanwa no kuzikoresha nk’ibikoresho byo kumviriza.
Bavuze ko kumena ayo mabanga ari bimwe mu “byasebeje” CIA mu mateka ya Amerika nkuko tubikesha BBC.
Ishami ry’ubutabera muri Amerika ryatangaje ko Schulte w’imyaka 35, yagejeje kuri Wikileaks inyandiko zigera ku 8.761, ayo akaba ari yo makuru menshi yibwe icyarimwe mu mateka ya CIA.
Yahakanye ibyo aregwa, ariko ahamwa n’ibyaha bitandukanye mu manza eshatu zitandukanye zabereye i New York muri 2020, 2022, na 2023.
Ku wa Kane, yakatiwe nyuma yo kumuhamya ibyaha by’ubutasi, kwiba akoresheje mudasobwa, gusuzugura urukiko, kuvuga ibinyoma kuri FBI no gutunga amashusho y’abana bakoreshwa ubusambanyi.


