Indi batayo y’Abarundi yerekeje muri Kivu y’Amajyaruguru guhangana na M23

Sangiza iyi nkuru

Amakuru akomeje kuvugwa ajyanye n’urugamba rukomeje gufata indi ntera hagati ya FARDC n’abambari bayo ndetse n’umutwe wa M23, aravuga ko hari abasirikare b’u Burundi barenga 600 bajyanywe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhashya aba barwanyi.

Ni amakuru atangazwa n’Ikinyamakuru MCN , nacyo gikesha umwe mu basirikare b’u Burundi uri ku murongo w’urugamba, aho ngo aba basirikare bamaze koherezwa muri iyi ntara ya Kivu y’amajyaruguru mu gukorera mu ngata bagenzi babo bakomeje kujegezwa na M23.

Ni abasirikare bayobowe n’uwitwa lt Col Aaron, wari usanzwe muri Kivu y’Amajy’epfo, bivugwa ko ari indwanyi kandi akarishye ku rugamba.Ni mu gihe abandi basirikare b’u Burundi bakomeje gushirira ku icumu ku buryo abarenga 800 bamaze kuhasiga ubuzima.

Iyi batayo yoherejwe mu burasirazuba bwa Congo , isanze izindi batayo umunani zari zisanzweyo. Uretse abapfuye hari abafashwe mpiri abandi bagera ku 150 baburirwa irengero ubwo habaga gukozanyaho ku rugamba rwo mu Kibaya cya Kibumba, muri teritware ya Nyiragongo.

Kugeza ubu imirwano ikaba imaze igihe ikomeje, aho kuri iki Cyumweru no mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere urugamba rukomeje gukara cyane cyane mubice bya minova Sake n’ahandi.

Nk’uko iy’inkuru ibivuga kuri ubu M23 imaze gufata ibirindiro bikomeye byo mu nkengero za Minova aribyo Kituva na Jangwa ndetse n’umuhanda uhuza Kivu y’Amajyepfo na Kivu y’Amajyaruguru.

Ni mu gihe imihanda igana mu mujyi wa Goma yamaze gufungwa n’umutwe wa M23, aho urugamba rusa n’urusatira na kivu y’Amajyepfo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *