M23 yaba yishe Umuyobozi w’abarwanyi kabuhariwe wa ‘Hiboux’ n’abari bamugaragiye

Sangiza iyi nkuru

Amakuru akomeje kuvugwa mu mirwano irimo kubera mu Burasirazuba bwa Congo, ni uko ngo Umuyobozi w’umutwe w’abarwanyi kabuhariwe wa Hiboux yishwe na M23 mu mirwano yabaye kuri uyu wa Mbere.

Amakuru avuga ko uyu mukomando yapfuye ku munsi w’ejo ku wa Mbere mu mirwano bivugwa ko yaguyemo abasirikare benshi bo ku ruhande rwa leta ya Kinshasa bishwe hafi gushyira.

By’umwihariko abishwe ku bwinshi ni abo muri Batayo ya 111 yarigizwe n’ingabo zo mu mu mutwe kabuhariwe wa Hibaux.

Aba barwanyi ba Hibaux baguye mu mirwano yabereye mu gace ka Kimoka no ku mu Cafee, ahabereye urugamba rukaze rwa M23 n’ihuriro ry’Ingabo z’ubutegetsi bwa RDC.

MCN , itangaza ko mu basirikare bapfuye bari barangajwe imbere na Komanda wabo uzwi kw’izina rya Lt Col Lele.

Soma Izindi Nkuru

3 Responses

  1. M23 yaba yishe Umuyobozi w’abarwanyi kabuhariwe wa ‘Hiboux’ n’abari bamugaragiye
    Ariko Bwiza.com ko muri ikinyamakuru gikunzwe, mwajya mushyiramo ubunyamwuga mu myandikire y’inkuru?
    Sinize itangazamakuru ariko nzi gusoma no kwandika neza indimi zigera muri eshatu. Kubera iki iteka inkuru zanyu ziba zirimo amakosa ashingiye ku myandikire mukareka inkuru igatambuka igasakara nk’aho mudafite itsinda cyangwa umuntu ushinzwe kubanza kunyuza amaso mubyo mugiye guha abasomyi?

  2. M23 yaba yishe Umuyobozi w’abarwanyi kabuhariwe wa ‘Hiboux’ n’abari bamugaragiye
    Bwiza muzikosore nta makuru ahagije mugira pe ikindi mutangaza amakuru abogamiye uruhande rumwe byumvikane ko nta makuru ahagije muba mufite biragaragara ko nta kuri guhagije muba mufite ku makuru mutangaza.Muzikosore nyabuna

  3. M23 yaba yishe Umuyobozi w’abarwanyi kabuhariwe wa ‘Hiboux’ n’abari bamugaragiye
    Bwiza muzikosore nta makuru ahagije mugira pe ikindi mutangaza amakuru abogamiye uruhande rumwe byumvikane ko nta makuru ahagije muba mufite biragaragara ko nta kuri guhagije muba mufite ku makuru mutangaza.Muzikosore nyabuna

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *