thumbnail.jpg

Byinshi ku bakomando ba Somalia bazwi nka Gorgor bahangayikisha Al Shabaab – Amafoto

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Somalia, Hassan Sheikh Mohamud asanga abakomando kabuhariwe ba Gorgor bakunze kwita “Eagles” cyangwa za “Kagoma”, baragize uruhare rukomeye mu guhashya Al Shabaab ndetse agashimangira ko adashidikanya ko ari ingirakamaro ku gihugu.

Igisirikare cya Turkiya cyatangiye gutanga imyitozo y’abakomando n’ingabo zo kurwanya iterabwoba ku basirikare 150 b’ingabo z’igihugu cya Somalia mu 2020 binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare hagati ya Ankara na Mogadishu.

thumbnail.jpg

Minisiteri y’ingabo ya Turkiya yavuze ko ingabo za Somalia (SNA) zatorejwe mu kigo cy’amahugurwa n’imyitozo yo kurwanya iterabwoba mu ntara ya Isparta.

Itangazo ryashyizwe ahagaragara ryagiraga riti: “Turimo gutanga amahugurwa y’ibanze ku basirikare 150 baturutse muri Somalia. Amahugurwa yatangiye ku ya 21 Ukuboza (2020), arakomeza nk’uko byari byateganijwe ”.

e-ob4t1weao7_io.jpg

Abinjijwe mu gisirikare baherewe imyitozo y’ibanze mu birindiro bya gisirikare bya Turkiya biri i Mogadishu mbere yo kwerekeza Isparta muri Turkiya aho baherewe indi myitozo y’amezi atatu.

Muri 2017, Turkiya na Somalia byari byashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye mu bya gisirikare yatumye Turkiya ifungura ibirindiro binini bya gisirikare i Mogadishu.

2021125637742610203333383.jpg

Mu minsi ishize, Turkiya na Somalia byiyemeje kongera umubano mu bya gisirikare n’ubukungu mu rwego rwo kuzamura ubufatanye n’umutekano w’akarere.

Amasezerano y’ubufatanye mu rwego rw’igisirikare n’ubukungu yashyizweho umukono kuri uyu wa Kane ushize, itariki 8 Gashyantare 2024, i Ankara hagati ya Minisitiri w’Ingabo wa Turkiya, Yasar Guler na mugenzi we wa Somalia, Abdulkadir Mohamed Nur, wakiriwe nk’umushyitsi ukomeye mu muhango wa gisirikare.

275033756_4911968568851099_608238717755957218_n.jpg

Aya masezerano akubiyemo ibintu bitandukanye by’ubufatanye, nko kurwanya iterabwoba, ubufasha bwa gisirikare n’amafaranga, hamwe n’amahugurwa n’imyitozo bihuriweho.

“Usibye ibikorwa remezo nk’amashuri, ibitaro n’imihanda, Turkiya yagize uruhare rukomeye mu guhugura no guha ibikoresho ingabo za Somalia, cyane cyane Brigade ya Gorgor Commando y’ingabo z’igihugu ndetse n’umutwe udasanzwe wa Polisi wa Haramcad (Cheetah).”

274935812_4911968362184453_7280161463945706073_n.jpg

Guverinoma ya Somalia ivuga ko abakomando ba Gorgor bagiye bafatanya na bagenzi b abo bo mu mutwe wa Danab Special Forces batojwe n’Abanyamerika, mu kuyobora ingabo mu bice bikenewemo ibikorwa bidasanzwe.

274919475_4911968052184484_4182259729950522909_n.jpg
195744088_4292826330748126_5343552483384229938_n.jpg
195428543_4292825947414831_7718953783780140880_n.jpg
195260290_4292810094083083_5233088068115660346_n.jpg
195241125_4292825567414869_3025670691160342612_n.jpg
195171153_4292825327414893_8181258061934575857_n.jpg
193409785_4292825464081546_7551141859620553371_n.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *