USA yasabye Macky Sall gusubizaho ingengabihe y’amatora ikomeje guteza imyigaragambyo

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, Umunyamabanga wa Leta muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yasabye Perezida wa Senegal, Macky Sall, gusubizaho ingengabihe y’amatora n’igihe cyagenwe cyo guhererekanya ubutegetsi, nk’uko Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika yabitangaje nyuma yo kuvugana kuri telephone hagati y’abayobozi bombi.

Ubwo yamuhamagaraga, Blinken yagaragaje “impungenge zikomeye” ku bijyanye na politiki ya Senegali muri iki gihe nyuma y’igikorwa cyo gusubika amatora ya perezida nk’uko iyi nkuru dukesha USNews.com ivuga.

Isubika ritunguranye ry’amatora yari ateganyijwe ku itariki ya 25 Gashyantare akimurirwa mu Kuboza ryashyize Senegal mu bibazo kandi rikomeza kwamaganwa mu byo benshi babona ko ari ugushaka kongerera igihe manda ya Sall ndetse no kubangamira imwe muri demokarasi isigaye muri Afurika y’iburengerazuba.

Kuri uyu wa Kabiri kandi, muri Senegal, interineti yahagaritswe kugira ngo hatabaho gukwirakwiza ubutumwa bubiba inzangano ku mbuga nkoranyambaga bwateje imyigaragambyo ikaze mu gihugu cya Afurika y’Iburengerazuba.

Minisitiri w’itumanaho, Moussa Bocar Thiam, yatangaje ko iki cyemezo ari icy’agateganyo, ashyira amakosa ku bakwirakwiza ubutumwa bubiba urwango..

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *