0abdff7cc0b3a26cc4a31b20a47c4efc.jpg

Albanese agiye kuba Minisitiri w’Intebe wa mbere muri Australia ugiye gushaka ari mu kazi

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’intebe wa Australia, Anthony Albanese yatangaje ko agiye kurushinga n’umukunzi we, Jodie Haydon. Minisitiri w’intebe yashyize ku mbuga nkoranyambaga ifoto yabo iherekejwe n’amagambo agira ati: “Yavuze ngo yego”. Ni we Minisitiri w’Intebe wa mbere ugiye gushaka ari mu kazi.

Kuri uyu wa Kane, itariki 14 Gashyantare, nibwo Minisitiri w’Intebe wa Australia, Anthony Albanese yatangaje ko yambitse impeta umukunzi we, Jodie Haydon.

Albanese yashyize ahagaragara ifoto yabo, Haydon yerekana impeta nshya yambitswe, ku mbuga nkoranyambaga.

Albanese na Haydon bahuye bwa mbere mu birori byabereye i Melbourne mu ntangiriro za 2020, maze bagaragara hamwe mu gihe cyo kwiyamamaza mu matora yo muri 2022. Albanese, ufite imyaka 60, yarahiriye kuba minisitiri w’intebe muri Gicurasi 2022.

Haydon we yakoze igihe kirekire mu bijyanye n’imari n’amabanki, kuri ubu akora nk’umukozi ushinzwe abagore mu ishyirahamwe ry’abakozi ba Leta NSW ariryo huriro ry’abakozi ba leta muri leta ya New South Wales.

Yajyanye na Albanese mu ngendo nyinshi z’akazi harimo n’uruzinduko Albanese yakoreye muri Amerika mu Kwakira nk’uko iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Penny Wong, Minisitiri w’intebe wa Nouvelle-Zélande, ni bamwe mu bamwifurije ishya n’ihirwe.

0abdff7cc0b3a26cc4a31b20a47c4efc.jpg

Ibitangazamakuru byo muri Australia byatangaje ko Albanese agiye kuba minisitiri w’intebe wa mbere ugiye gushyingiranwa ari mu kazi.

Albanese, bahimba izina rya Albo, yinjiye mu ishyaka ry’abakozi ubwo yari akiri mu mashuri yisumbuye kandi atangira kwigaragaza muri politiki yiga muri Kaminuza ya Sydney.

Yatorewe kujya mu nteko ishinga amategeko mu 1996. Albanese yarezwe n’umubyeyi umwe, nyina, kandi bombi babaga mu nzu ya leta.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *