Mudugudu wa Agakomeye, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, haravugwa amakuru y’abantu babiri bishwe n’umukingo waridutse warituwe n’imvura yaraye iguye kuri uyu wa Kane Taliki 15 Gashyantare 2024.
Ni imvura yarituye umukingo wari ukikijwe n’urukuta rw’amabuye maze abantu babiri barapfa abandi barakomereka.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko abo bantu bapfuye nyuma yo kugwirwa n’urukuta rw’amabuye rwari rwubatse ruguru y’aho uyu muryango wari ucumbitse.
Ati “ Wari umuryango w’abantu bane umwana muto w’umwaka na Papa we bahise Bapfa, naho umugore we n’umwana umwe barakomereka bikomeye”.
Abakomeretse bahise bajyanwa mu bitaro bya CHUK kugira ngo bitabweho n’abaganga naho abapfuye bajyanywe mu buruhukiro kugira ngo ikorerwe isuzuma.
Iyi mvura hari ibindi bice yabangamiyemo urujya n’uruza , nko mu muhanda rugunga kanogo n’ahandi.Urupfu rw’aba ruvuzwe nyuma y’abandi bantu batandatu bakubiswe n’inkuba mu karere ka Gakenye maze bane muri bo bakitaba Imana.
Si abo gusa kuko hari andi makuru avuga ko abantu bane nabo basanzwe muri ruhurura ya Rwampala izwiho gucamo amazi menshi.


