Kuri kaminuza yo muri Nigeria intare yishe uwayitagaho

Sangiza iyi nkuru

Umukozi witaga ku nzu yororerwamo inyamaswa kuri kaminuza yo muri Nigeria yishwe n’imwe mu ntare yari amaze imyaka hafi icumi yitaho.

Olabode Olawuyi, wari ushinzwe kwita ku nyamaswa zororerwa kuri Obafemi Awolowo University (OAU), yatewe n’iyo ntare ubwo yari arimo kuzigaburira, nkuko iyo kaminuza yabivuze.

Mu itangazo, iyo kaminuza yongeyeho ko bagenzi be batashoboye kumutabara kuko iyo ntare yari yamaze kumukomeretsa mu buryo bumuviramo urupfu.

Iyo ntare yamaze kurambikwa hasi nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Kaminuza yavuze ko uwo witaga kuri izo nyamaswa, wakoreshaga ikoranabuhanga, “yitaga kuri izo ntare kuva zavukira kuri kaminuza mu myaka hafi icyenda ishize”.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *