Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) yatangaje ko izisubiza ‘ubutaka butari gukoreshwa mu byanya by’inganda biri mu gihugu hose.
Iki cyemezo nk’uko byatangajwe na Jean-Chrysostome Ngabitsinze, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, cyafashwe nyuma y’uko abashoramari bananiwe cyangwa batinze gukoresha ubutaka bahawe mu byanya by’inganda.
Yasubizaga ibibazo by’abadepite, kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 20 Gashyantare 2024, bavuga ko abashoramari batinze gukoresha ibibanza by’inganda byagabanijwe mu turere twa Rwamagana, Bugesera na Rusizi.
Gutinda kw’umushoramari ni bimwe mu bidahwitse muri parike y’inganda byatumye minisitiri ahamagazwa.
Amasezerano hagati ya MINICOM n’abashoramari bahabwa ubutaka muri parike y’inganda avuga ko umushoramari agomba ‘guteza imbere 70 ku ijana by’ubutaka bwatanzwe mu gihe cy’amezi 18 hakurikijwe ibyo bateganya mu mushinga wabo.
Kutabikora bivamo gusesa amasezerano.
Minisitiri yagize ati “Amezi atatu ashize twisubije ubutaka kuri hegitari zirenga 25 mu cyanya cy’inganda cya Rwamagana kubera ko abashoramari batinze kubukoresha. Abantu bongeraga kubugurisha kubera ko ubutaka bwagurwaga ku giciro gito [amadolari 3 kuri metero kare imwe], abantu bamwe baguze ubwo butaka, babona ibyangombwa by’ubutaka nyuma barabugurisha batabukoresheje. Ubutaka bugomba gutezwa imbere mu gihe cy’amezi 18. Muri Gicurasi, 2023, igihe ntarengwa cyo guteza imbere ubwo butaka nticyari cyubahirijwe “.
Yakomeje agira ati “Tugiye gukora isuzuma mu bindi byanya by’inganda no kwisubiza ubutaka budakoreshwa. Turaburira kandi tunamenyesha abashoramari barimo kongera kugurisha ubutaka (ku giciro cyo hejuru) aho kubukoresha mu gihe cyumvikanyweho hakurikijwe amasezerano ”.
Guverinoma yashyizeho uduce tubiri twihariye tw’ubukungu twa Special Economic Zone na Bugesera Special Economic Zone, n’ibyanya by’inganda bigera ku munani i Rwamagana, Muhanga, Nyagatare, Musanze, Huye, Nyabihu, Rusizi, na Rubavu.


