EAC yavuze ku ifaranga rishya bivugwa ko igiye gutangira gukoresha

Sangiza iyi nkuru

Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), wanyomoje amakuru yavugaga ko wamaze gukora ifaranga rihuriweho rizajya rikoreshwa n’ibihugu birindwi biwugize.

Kuva mu mpera z’icyumweru gishize ku mbuga nkoranyambaga hakwirakwiye inoti z’iri faranga ryiswe Sheafra (SHF1) z’amafaranga 5, 10, 20, 50, 100 na 200.

Byavugwaga ko iri faranga rijya kungana n’idorali rya Amerika mu gaciro (agaciro karyo bivugwa ko ari Frw 1,230) hari inoti nke zaryo zamaze gukorwa zoherezwa muri Banki Nkuru z’ibihugu birindwi bigize EAC (U Rwanda, Uganda, Tanzania, Kenya, Sudani y’Epfo, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo) kugira ngo zirimenye, mbere yo gutangira gukoreshwa n’abaturage.

EAC mu butumwa Ubunyamabanga Bukuru bwayo bwanditse ku rubuga rwayo rwa X, yavuze ko amakuru ajyanye na ririya faranga ari ibinyoma.

Iti: “Ubunyamabanga Bukuru bwa EAC burifuza kumenyesha abafatanyabikorwa bacu bose ko urugendo rw’ifaranga rihuriweho n’ibihugu biyigize rukiri akazi kagikorwa. Nyamuneka ntimuhe agaciro ibihuha biri gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga by’uko hari inoti z’ifaranga ry’akarere zasohowe”.

EAC ntiyigeze itangaza igihe nyacyo iryo faranga rizatangira gukoresherezwa.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania, January Makamba na we wanyomoje amakuru yerekeye ririya faranga, cyakora yatangaje ko gahunda EAC ifite ari uko ririya faranga ryazatangira gukoreshwa byibura mu mwaka wa 2031.

Soma Izindi Nkuru

3 Responses

  1. EAC yavuze ku ifaranga rishya bivugwa ko igiye gutangira gukoresha
    Hano,ngo mumwaka,(1931)?inkuru uyisoje utubeshye kbs.

  2. EAC yavuze ku ifaranga rishya bivugwa ko igiye gutangira gukoresha
    Uwo mwaka wa 1931 rizatangira gukoreraho ni uwa vuba da!!!!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *