Uganda:Umusirikare wa UPDF yishe arashe Bouncer w’akabari kubera 2000 frw

Sangiza iyi nkuru

Polisi ya Kampala Metropolitan (KMP) iri gukora iperereza ku musirikare wa UPDF witwa Jawiyambe Colbert warashe ushinzwe umutekano w’akabari (bouncer) ka Serene Woods Bar mu mpera z’icyumweru gishize amuziza 6000UGSH , hafi 2000Frw.

Umuvugizi wa Polisi wungirije wa KMP, Luke Owoyesigyire, avuga ko kurasa kwabaye mu ma saa 05h00 za mu gitondo ku ya 2 Werurwe 2024.

Luke avuga ko mbere yo kuraswa kwa nyakwigendera, habanje intonganya zashingiye ku mashilingi (Shs 6000) bivugwa ko uyu musirikare yanyanganyijwe n’umukozi w’akabari wamuhaga inzoga biteza rwaserera hitabazwa ushinzwe umutekano w’aka kabari ahosha imvururu ariko nyuma aza kuraswa.

Owoyesigyire ati: “Jawiyambe, umusirikare mu ngabo z’igihugu cya Uganda (UPDF), bivugwa akimara gutandukanywa n’uwamuhaga inzoga(Waiter),yagarutse mu kabari yitwaje imbunda ya SMG n’amasasu 120, ahita arasa uwo musore ushinzwe umutekano.”

Ababyiboneye bavuga ko Jawiyambe agarutse yagerageje kwinjira mu kabari ariko ahagarikwa na Balaam. Jawiyambe ngo yahise ashyira isasu rimwe mu mbunda arikubita Balamu mu ijosi apfa ajyanwe kwa muganga.

Jawiyambe, akimara kumurasa yahise yishyikiriza ubuyobozi ku ishami rya polisi rya Kira, ubu akaba afunzwe, mu gihe iperereza rigikomeje.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *