U Rwanda rurateganya kubona miliyoni 165.5$ nyuma yo gusoza neza isuzuma rya gatatu rya IMF

Sangiza iyi nkuru

U Rwanda rurateganya kwakira miliyoni 76.6 z’amadolari y’Amerika binyuze mu kigega Resilience and Sustainability Facility (RSF) na miliyoni 88.9 US $ binyuze muri gahunda ya (SCF). Ibi bije nyuma yo gusoza neza amasezerano yo ku rwego rw’abakozi hagati y’abayobozi ba Leta n’itsinda ry’ubutumwa bw’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF) kuri politiki y’ubukungu n’imari ikenewe kugira ngo hasozwe isuzuma rya gatatu binyuze muri (PCI) na gahunda ya RSF. Icyakora, aya masezerano agomba kwemezwa n’ubuyobozi bwa IMF n’inama nyobozi muri Gicurasi 2024.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara uyu munsi, itsinda ry’ubutumwa bwa IMF ryagaragaje ko imikorere muri gahunda za PCI, RSF, na SCF yabaye myiza, aho intego zose z’ivugurura n’ingamba zagaragajwe kugira ngo isuzuma rigende neza kandi biteganijwe ko rizarangira mbere y’ibiganiro by’Inama Nyobozi.

Ruben Atoyan, uyoboye ubutumwa bwa IMF, yagize ati: “Nubwo hari imbogamizi zitoroshye, imikorere ya politiki y’ubukungu kuva mu mpera z’Ukuboza 2023 yakomeje kuba ijyanye n’intego za gahunda nk’uko gahunda ya PCI / SCF ibiteganya. Ubutumwa burashimira ubufatanye buhebuje bw’abayobozi ndetse n’ibiganiro by’ukuri, byubaka kandi bishimangira ko IMF ishyigikiye ingufu za guverinoma mu gushyira mu bikorwa gahunda yo kuvugurura ubukungu. ”

Minisitiri w’imari n’igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana, yagize ati: “Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutse cyane nubwo habaye ihungabana ryo hanze ndetse n’ingaruka ziterwa n’ikirere. Ndashimira IMF kuba yarakomeje gutera inkunga binyuze muri gahunda ya PCI, RSF, na SCF. Tuzakomeza gufatanya cyane na IMF kugira ngo ubukungu bwacu bucungwe neza. ”

Nyuma y’ibyumweru bibiri baganiriye n’abayobozi batandukanye ba leta, aho ubutumwa bwa IMF bwagaragaje ko u Rwanda rwazamutse cyane mu bukungu mu 2023, rushyigikiwe na serivisi n’ubwubatsi, ndetse no kongera umusaruro w’ibiribwa mu gice cya nyuma cy’umwaka. Guta agaciro kw’ifaranga kwaragabanutse cyane mu mezi ashize.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. U Rwanda rurateganya kubona miliyoni 165.5$ nyuma yo gusoza neza isuzuma rya gatatu rya IMF
    Bayazane bayahe abavunjayi bagabanye idolari

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *