Umushinga w’itegeko ryerekeranye no kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro warenze ikindi cyiciro mu nteko nshingamategeko y’u Bwongereza, ariko ntiwitezweho kurangira mbere yo mu kwezi gutaha kwa Kane hagati.
Ku itariki 18 y’uku kwezi kwa Gatatu, abadepite banze impinduka icumi zose zari zakozwe n’urwego rwa sena kuri uwo mushinga mu ntangiriro z’uku kwezi.
Raporo iheruka y’ibiro by’ubugenzuzi bw’imari ya leta (NAO), igaragaza ko iyi gahunda yo kohereza mu Rwanda abasaba ubuhungiro izatwara hafi miliyoni ebyiri z’amapawundi kuri buri muntu umwe mu bagera kuri 300 bagize icyiciro cya mbere cy’abazoherezwa muri iki gihugu.
Depite Neil Coyle wo mu ishyaka ry’abakozi ritavuga rumwe n’ubutegetsi yabajije Minisitiri Michael Tomlinson ushinzwe ibijyanye n’abimukira badakurikije amategeko, niba azi ko mu kohereza abantu batandatu mu isanzure ikigo Virgin Galactic gikoresha amafaranga ari munsi y’ayo iyi guverinoma ishaka gutanga ku muntu umwe woherejwe mu Rwanda.
Igiciro ry’urugendo rw’iyi sosiyete ikora ingendo z’ubukerarugendo bwo mu isanzure, ku bantu batandatu mu mpeshyi ya 2023 cyari kuri miliyoni 2.14 z’amapawundi nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.
Ku itariki 19 z’uku kwezi kwa Gatatu naho, David Neal wahoze ari umuyobozi mukuru ushinzwe imipaka, yabwiye akanama ka sena gashinzwe ubutabera n’umuteko w’imbere mu gihugu ko umushinga w’itegeko ryerekeye u Rwanda ushobora guhinduka itegeko nta suzuma ryigenga ribayeho. Uyu yongeyeho ko guverinoma yananiwe gutangaza raporo we ubwe yakoze ku mibereho y’impunzi mu Rwanda.
Ati: “Raporo yerekeranye n’amakuru ku Rwanda, yari yanakorewe isuzumwa n’urukiko rw’ikirenga ntiyigeze itangazwa kandi akazi karakozwe. Icyo ubwacyo ni ikibazo cyihariye.”
Neal, wirukanywe mu nshingano mu kwa Kabiri k’uyu mwaka azira kuvugana n’abanyamakuru ku mpungenge afite ku bijyanye n’umutekano w’ikibuga cy’indege, yanavuze ko guverinoma ishobora kuba isigaje amezi menshi kugira ngo igene umusimbura, hamwe n’uko umushinga w’itegeko ryerekeye u Rwanda utigeze ukorerwa isuzumwa n’urwego rwigenga.
Ku itariki 20 z’uku kwezi kwa Gatatu, umushinga w’itegeko wagaruwe mu rwego rwa sena (House of Lords), aho uru rwego rwongere gutsinda guverinoma ku nshuro ya karindwi. Ibyo biratuma uyu mushinga ubu ugiye gusubira mu mutwe w’abadepite (House of Commons). Aha ariko, naho byitezwe ko abadepite bazanga impinduka zirindwi zakozwe na sena. Gusa ibyo bizakorwa nyuma y’uko abadepite bavuye mu karuhuko ka Pasika ku itariki ya 15 y’ukwezi gutaha kwa Kane.


