Somalia yahaye Ambasaderi wa Ethiopia amasaha 72 yo kuva ku butaka bwayo

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Somalia yashinje abayobozi ba Ethiopia kwivanga mu bibazo bya Somalia mu gihe ibihugu byombi birebana ay’ingwe nyuma y’amasezerano Ethiopia iherutse kugirana na Somaliland, yiyomoye kuri leta, ayemerera kugera ku cyambu cyo ku Nyanja y’Abahinde.

Kubera uwo mwuka mubi Leta ya Somalia yafashe icyemezo cyo gufunga ibiro bya Ambasaderi wa Ethiopia mu Ntara za Somaliland na Puntland. Yamenyesheje kandi abahagarariye Ethiopia n’abakozi bo muri ibyo biro ko bagomba kuba bavuye mu gihugu mu byumweru bibiri.

Minisitiri wa leta ya Somalia ushinzwe ububanyi n’amahanga, Ali Omar, yatangaje ku rubuga, X, ko Somalia itazigera idohoka ku byerekeye kwubahiriza ubwigenge bwayo.

Yavuze ko kuba Ethiopia yarivanze mu bibazo by’igihugu cye, basabye Ambasaderi wayo kuva muri Somalia mu masaha 72, kandi ko Somalia yafunze ibiro by’abahagarariye icyo gihugu mu mijyi ya Hargeisa na Garowe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *