Abanyarwanda hafi Miliyoni zirindwi ni bo bujuje ibisabwa mu kwitorera Umuyobozi w’Igihugu uzabayobora mu gihe cy’imyaka 7 iri imbere, kuva mu rukerera Abanyarwanda hirya no hino mu gihugu bakaba bari batangiye gutonda imirongo ku biro by’itora.

Ni umwanya uhatanirwa n’abakandida; Paul Kagame wa FPR Inkotanyi, Dr Frank Habineza wa Democratic Green Party of Rwanda na Mpayimana Philippe, umukandida wigenga.
Abajya gutora batangiye kugera kuri site z’itora mu masaha ya saa Sita n’igice z’ijoro.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Nyuma y’uko Bwiza.com ibagejejeho uko amatora y’Abanyarwanda baba mu mahanga yagenze ku munsi w’ejo hashize, irabagezaho n’uko ari kubera mu Rwanda yifashe, umunota ku wundi.
Ku bijyanye n’aho abakandida batorera, abamaze kuhatangaza ni Mpayimana Philippe utorera ku Mashuri abanza ya Camp Kigali saa sita na Dr Frank Habineza utorera ku mashuri abanza ya Kimironko II saa 8:00. Umukandida Paul Kagame aratorera mu Rugunga.
Uko igikorwa kirimo kugenda hirya no hino mu Gihugu:
Intara y’Iburasirazuba:
Ku biro by’itora biri mu rwunge rw’amashuri rwa Nyamata (Gatolika) mu karere ka Bugesera, abantu batangiye kuhagera mu rukerera.





Mu murenge wa Musenyi (Bugesera):



Umujyi wa Kigali:





08:30: Nibwo umukandida Dr Frank Habineza yari ageze kuri site ya Kimironko ya II, aherekejwe n’umugore we. Icyumba yatoreyemo cyari giteguye ari icy’umwihariko.

Dr Frank Habineza yageze kuri site y’itora ahita yinjira, mu muvundo ukaze w’abanyamakuru bashakaga kugira ibyo bamubaza.



Umugore we yatangaje ko yiteguye ko isaha iyo ari yo yose yaba umugore wa Perezida ndetse ko afite icyizere cyuzuye aterwa no kuba abantu benshi bashyigikiye umugabo we.

Agira ati “niteguye kuba nakorana n’izindi nzego mu kubaka igihugu dushyira mu bikorwa ibyo Frank yahigiye imbere yabaturage, isaha ku isaha nshobora kwitwa umugore wa Perezida”.

10:35: Nibwo Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi yari ageze kuri site y’itora, 10:40 yari arangije igikorwa ahita ataha, ahavuye yifurije Abanyarwanda amatora meza, no kugera ku ntego muri iyi manda y’imyaka 7 .



PM amaze gutora

11:10 : Nibwo Umukandida Paul Kagame w’umuryango FPR Inkotanyi n’umufasha we, Jeannette Kagame bari bageze kuri site y’itora mu Rugunga, nyuma y’iminota itanu 11:15 bari barangije igikorwa bahita bagenda.


Ku isaa Sita na 35, umukandida Mpayimana Philippe na we yari asesekaye kuri site y’itora ya Camp Kigali.



Intara y’Iburengerazuba:
Amatora mu karere ka Nyamasheke, mu murenge wa Ruharambuga abaturage bazindutse cyane, amatora mbere yo gutangira yabanjirijwe no kurahira kw ‘abakorerabushake ba Komisiyo y’igihugu y ‘amatora.


Uyu mukecuru w’imyaka irenga 80, unafite ubumuga bw ‘ingingo yishimiye ko mu matora yose yakoze ayo muri ibi bihe afite akarusho k ‘umutuzo n’umutekano usesuye kurusha kera ku bwa Kayibanda na Habyarimana. Ati ”nishimiye cyane kwitorera uzanshajisha neza”.







Intara y’Amajyaruguru:






Intara y’Amajyepfo:
Kamonyi : Kuri site ya Nyamirama mu murenge wa Kayenzi, abantu batangiye kuhagera saa munani z’ijoro, saa sita z’amanywa nta murongo wari ugihari.
Habineza Asnapaul umwe mu baturage bari kuri iyo Site ya Nyamirama, aganira na Bwiza.com, agira ati “Abantu ba mbere bahageze saa munani z’ijoro, njye nahageze 04:45 , umurongo nagiyeho nari nk’uwa 4o, amatora yatangiye saa moya ariko ubu ( 12:15 ) nta murongo wahabona, twarangije gutora, abantu bazindutse cyane, ku buryo batoye kare bamwe basubira mu mirimo yabo”.


Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com


