Yihesheje amakarita y’umuhondo yinjiza miliyoni zirenga 100 muri Bet

Sangiza iyi nkuru

Uwahoze ari umukinnyi wo hagati muri Kaizer Chiefs, Kearyn Baccus, yagejejwe mu nkiko zo muri Australia ashinjwa gukora Beting aho yiheshaga amakarita y’imihondo yabiguze muri kompanyi zicuruza imikino y’amahirwe.

Itangazamakuru ryo muri Australia rivuga ko Baccus akurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutega mu buryo butemewe n’amategeko aho yiheshaga amakarita y’imihondo adasobanutse nyuma akaza kuyishyurirwa.

Uyu mukinnyi yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano ku wa 17 Gicurasi we na bagenzi be bakinana barimo kapiteni Ulises Davila na Clayton Lewis. Aba batanze ingwate bararekurwa gusa bahagaritswe by’agateganyo mu mupira w’amaguru muri Australia.

Bivugwa ko Kapiteni Davila na Lewis bakinana muri Macarthur FC bishyuye Baccus kugira ngo yiheshe amakatita y’umuhondo mu mikino ya shampiyona igiye itandukanye. Muri ibi bikorwa bagiye binjizamo agatubutse karenga miliyona 100 Frw.

Mbere y’uko bajya mu kibuga, Davila na Lewis bajyaga kuri kompanyi imwe icuruza imikino y’amahirwe maze bakagura ko Baccus araza kubona ikarita y’umuhondo, ni uko maze bavayo bakishyura Baccus ngo ayiheshe kugira ngo bose bunguke.

Federasiyo y’umupira w’amaguru muri Australia yasohoye itangazo yemeza ko iri gukurikirana iki kibazo cy’aba bakinnyi ba Macarthur FC.

Urubanza rwa Baccus rwari kuba kuri uyu wa Kane tariki ya 30 Gicurasi gusa rwimuriwe ku ya 24 Kamena mu rukiko rw’ibanze rwa Sydney kugira ngo ahanirwe amakosa yakoze mu gihe yahamwa n’icyaha cyangwa agirwe umwere.

Baccus yavuye muri Kaizer Chiefs muri Nyakanga 2022, kuva ubwo yakinnye imikino 54 muri Macarthur FC, yegukana igikombe cy’Igihugu muri Australia mu mwaka we wa Mbere muri iyi kipe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *