SAMIDRC irigamba kwica no gukomeretsa inyeshyamba nyinshi za M23

Sangiza iyi nkuru

Ubutumwa bwa SADC bwo kugarura amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (SAMIDRC), bwigambye kwicira inyeshyamba 65 za M23 mu bitero Ingabo zabwo ziheruka kugaba ku birindiro by’uriya mutwe.

Ni ibitero ngo byagabwe ku birindiro bya M23 biherereye mu misozi ikikije Umujyi wa Sake, ku wa Kane no ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.

Umuvugizi wa SAMIDRC, sous-lieutenant Reagan Mbuyi Kalonji, yatangaje usibye inyeshyamba zishwe hari n’izindi zibarirwa muri 75 zakomerekejwe.

Yagize ati: “Iyi ni yo mibare y’ibitero bya bombe bya SAMIDRC mu gihe cy’iminsi ibiri; ni ukuvuga ku wa Kane no ku wa Gatanu. Imibare twabonye kugeza ubu irerekana ko hakomerekejwe 75 hanicwamo 65, barimo Lieutenant -Colonel wo mu ngabo zidasanzwe z’u Rwanda”.

Ntacyo M23 iratangaza kuri aya makuru bigoye kugenzura, gusa uyu mutwe wakunze gushinja ingabo za Leta ya Congo n’abafatanyabikorwa bazo gutangaza ibihuha.

Muri ibi bitero SAMIDRC ivuga ko yiciyemo ziriya nyeshyamba, M23 yatangaje ko yabishwanyagurijemo ibifaru bitanu by’ingabo ziri muri buriya butumwa, ibindi bibiri irabyigarurira.

Ni amakuru yanemejwe n’igisirikare cya Afurika y’Epfo iri mu bihugu bifite ingabo muri Congo.

SANDF mu itangazo yasohoye ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize yatangaje ko hari bimwe mu bifaru byayo byarasiwe i Sake, inemeza ko hari abasirikare bayo bakomerekejwe na M23 undi umwe iramwica.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *