Ibaruwa yo guhagarika Mvuyekure Juvénal ku b'umunyamuryango bwa Kiyovu Sports

Mvukiyehe Jevénal ntakiri umunyamuryango wa Kiyovu Sports ukundi

Sangiza iyi nkuru

Bidasubirwaho Mvukiyehe Juvenal ntakiri umunyamuryango wa Kiyovu Sports nyuma y’uko Komite nshya imwambuye kuba umunyamuryango wa Kiyovu Sports kubera gucamo ibice abakunzi b’iyi kipe.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 3 Kamena, nibwo ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwashyize hanze ibaruwa butangaza ko buhagaritse Mvukiyehe Juvenal kubere amwe mu makosa yabangamiye ikipe.

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwagize ati: ”Komite Nyobozi y’Umuryango wa Kiyovu Sports ifashe uyu mwanya ngo ibashimire igihe wamaranye na yo no mu gihe mwari muyiyoboye.

Komite Nyobozi y’umuryango wa Kiyovu Sports ikaba igira ngo ibamenyeshe ko muhagaritswe by’agateganyo kuba umunyamuryango wa Kiyovu Sports kubera y’uko utacyubahiriza amategeko shingiro n’amategeko ngengamikorere y’umuryango.”Ibi babishingiye “gushora ikipe mu manza z’umurengera. Gucamo ibice abanyamuryango ba Kiyovu Sports no kwangiza umutungo wa Kiyovu Sports.”

Mvukiyehe Juvénal wahagaritswe yayoboye Kiyovu Sports kuva muri Nzeri 2020 kugeza muri Nzeri 2023, hari nyuma y’uko abaye umuyobozi wa Kiyovu Sports Company LTD ari yo yacungaga ikipe.

Ibaruwa yo guhagarika Mvuyekure Juvénal ku  b'umunyamuryango bwa Kiyovu Sports
Ibaruwa yo guhagarika Mvuyekure Juvénal ku b’umunyamuryango bwa Kiyovu Sports

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *