Lucas Paqueta yaba agiye guhagarikwa mu mupira ubuzima bwe bwose

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi wo mu kibuga hagati wa West Ham, Lucas Paqueta ashobora kwisanga yahagaritswe muri ruhago ubuzima bwe bwose nyuma y’uko ari gushinjwa ibirego byo gutega mu mikino y’amahirwe ibi bizwi nka Bet.

Bitangazwa ko FA yo mu Bwongereza ishaka guhagarika Lucas Paqueta muri ruhago ubuzima bwe bwose kubera ibirego byo gukora Bet.

Uyu mukinnyi ukomoka muri Brazil ashinjwa gukora Bet binyuze ku makirata ane y’umuhondo yabonye muri shampiyona y’umwaka ushize aho bivugwa ko yabaga yabiguze mu mikino y’amahirwe [Bet].

Lucas Paqueta ashinjwa kwica amatego ya FA aho yijanditse mu kugena uko biri bugende mu kibuga mbere y’umukino [Spot fixing] aho bitangazwa ko yaba yarabikoze ku mikino ya Aston Villa, Leeds na Leicester City.

Kompanyi yo gutega ku mikino y’amahirwe ya Betway isanzwe ari n’umuterankunga wa West Ham uyu musore akinira yakoze igenzura maze isanga abakunze gutega ku mikino uyu musore yakinnye ari abaturage bo mu gace akomokamo muri Brazil ku Kirwa kiri hafi y’umujyi wa Rio de Janeiro.

Lucas Paqueta wanyuze mu makipe nka Lyon na AC Milan ahakana yivuye inyuma ibyo birego byose ashinjwa mu gihe ikinyamakuru The Sun cyo gitangaza ko FA ishyigikiye ko uyu musore ahanwa ubuzima bwe bwose atagaragara mu bikorwa bya ruhago.

Soma Izindi Nkuru

One Response

  1. Lucas Paqueta yaba agiye guhagarikwa mu mupira ubuzima bwe bwose
    Mutubwire amakuru ya rayon sport

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *