Mu gihugu cya Kenya hari kuvugwa inkuru y’umupolisi warashe umucamanza bari mu rukiko, nawe bagahita batanga itegeko ryo kumurasa agahita apfa.
Ni inkuru yatangajwe kuri uyu wa kane tariki 13 Kamena 2024, ku rubuga rwa X rwa ‘Nairobi Law Monthly Magazine’. Umucamanza warashwe azwi ku mazina ya Kivuti Monica akaba asanzwe akorera mu rukiko rw’i Nairobi rwitwa Makadara Law Courts.
Amakuru akomeza avuga ko umucamanza yarashwe ubwo bose bari binjiye mu rukiko. Biravugwa ko kandi yahise yihutanwa kwa muganga, ariko ntihatangajwe uko ubuzima bwe bumeze nyuma yo kugezwa mu bitaro, ni mu gihe umupolisi we yarashwe mu cyico.
Andi makuru yagaragajwe n’uko ngo uyu mucamanza warashwe yaburanishaga urubanza rufite aho ruhuriye n’umupolisi wamurashe. Bidatinze nibwo haje kwaduka impaka ku myanzuro y’urukiko bituma umupolisi arasa umucamanza mukuru wo mu rukiko.


