Raporo ya Loni yasohotse ku wa Kane w’icyumweru gishize, igaragaza ko mu mpera za 2023 abantu bagera kur miliyoni 117 bakuwe mu byabo ku mpamvu zitandukanye ziganjemo intambara zigenda zugariza ibihugu bitandukanye.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, rivuga umubare w’abantu bakuwe mu byabo wiyongereye ku rugero rutarabaho mu mwaka ushize. Uko imyaka ishira ngo niko imibare y’abakurwa mu byabo wiyongera.
Iri shami rya Loni (HCR), ivuga ko ibyo ahanini byatewe n’amakimbirane, gutotezwa, guhonyora uburenganzira bwa muntu, ihungabana ry’ikirere n’ibindi bintu bibangamira umuntu.Muri raporo yayo, HCR ivuga ko abantu miliyoni 117 bavanywe mu byabo ku isi mu mpera za 2023. Mu gihe abandi miliyoni 68 bakuwe mu byabo n’imvururu ariko bakaguma mu bihugu byabo.
HCR, kandi igaragaza ko abandi miliyoni 31 bagizwe impunzi, hakaba n’abandi babarirwa muri za miliyoni bagishakisha ubuhuzi, n’abatagira aho bita iwabo. Umubare w’abimuwe ku gahato ukomeje kwiyongera muri uyu mwaka. HCR ishyira umubare wabo kuri miliyoni 120 kugeza ubu.
HCR, Filippo Grandi umuyobozi wa HCR ubwo yari I Geneve mu Busuwisi yabwiye itangazamakuru, ko ikibabaje ari uko, uyu ubaye umwaka wa 12 wikurikiranya iyi mibare izamuka.
Umuyobozi wa HCR, Grandi, yagaragaje ko igihugu cya Sudani kiri mu bihugu biza ku isonga mu bifite abantu benshi bamaze gukurwa mu byabo.Mu mpera za 2023, Abanyasudani miliyoni hafi 11 bavanywe mu byabo.


