Kagame yatoye Perezida n’abadepite

Sangiza iyi nkuru

Perezida Paul Kagame nk’umwe mu Baturarwanda bemerewe gutora, kuri uyu wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga yitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’abadepite.

Umukuru w’Igihugu na madamu we batoreye kuri site y’itora iherereye mu kigo cy’ishuri rya SOS Kagugu mu karere ka Gasabo.

Iyi site ni na yo yatoreyeho abandi bo mu muryango we, barimo abahungu be; Captain Ian Kigenza Kagame na Ivan Cyomoro Kagame.

Perezida Kagame na madamu we bakigera kuri SOS Kagugu bakiranwe ubwuzu n’abaturage bari bagiye gotora, batondana na bo ku murongo kugeza igihe cyabo cyo gutora kigeze.

Byitezwe ko Kagame ari we uza kwegukana intsinzi muri aya matora yitabiriwe n’ababarirwa muri miliyoni 9.

Komisiyo y’Igihugu y’amatora mu itangazo yasohoye kuri uyu wa Mbere yatangaje ko mu masaha y’umugoroba iza gutangaza amajwi y’ibanze y’ibyavuye mu matora.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *