U Bwongereza bukomeje kugerwaho ingaruka zo gusesa amasezerano yabwo n’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bwongereza uheruka gusesa amasezerano yerekeye abimukira iki gihugu cyari cyarasinyanye n’u Rwanda, yatangiye gukozwa isoni n’abimukira bakomeje kwinjira mu Bwongereza ku bwinshi.

Ikinyamakuru Express kivuga ko kuri ubu abimukira barenga 1,185 ari bo bamaze kwinjira mu Bwongereza kuva Starmer atorewe kuba Minisitiri w’Intebe ku wa 5 Nyakanga 2024.

Imibare itangwa na Minisiteri y’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza ivuga ko muri aba bimukira bashya harimo ababarirwa muri 427 binjiye muri iki gihugu ku wa Mbere w’iki cyumweru bifashishije amato arindwi mato, ibyatumye abinjiye muri iki gihugu muri uyu mwaka bagera ku 14,759.

Ni umubare wazamutseho 12% ugereranyije n’abimukira binjiye mu Bwongereza mu mezi arindwi ya mbere y’umwaka ushize wa 2023.

Uyu mubare kandi urarutaho hafi 1% abimukira binjiye muri iki gihugu mu mezi arindwi ya mbere y’umwaka wa 2022.

Imibare y’abimukira binjira mu Bwongereza ikomeje gutumbagira nyuma y’iminsi mike James Cleverly wahoze ari Umunyamabanga muri guverinoma y’u Bwongereza ushinzwe umutekano w’imbere aburiye Yvette Cooper wamusimbuye na Minisitiri w’Intebe Starmer ko u Bwongereza bwafashe uruhande rw’abacuruza abantu mu buryo butemewe n’amategeko, bigatuma iki gihugu gikurura abimukira.

Byari nyuma y’umwanzuro Minisitiri w’Intebe, Sir Starmer yafashe wo gusesa amasezerano yerekeye abimukira u Bwongereza bwari bwarasinyanye n’u Rwanda.

Cleverly kandi yashinje ishyaka Labor Party riheruka gufata ubutegetsi mu Bwongereza kuba ryaragize ubwoba bwo gukanira abimukira.

Yabwiye The Express ati: “Ishyaka ry’abakozi ryatanze imbabazi mu 2003, none barimo kwitegura kongera kubikora. Abacuruza abantu magendu bazabyakiriza yombi bishimye”.

Yunzemo ko “abakozi byabasabye iminsi itageze kuri itanu ngo bakureho gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda ndetse no kwemerera abimukira batemewe 100,000 gusa ubuhungiro, ibyari bitemewe ku butegetsi bw’aba-Conservateurs”.

Kuri ubu byitezwe ko abenshi mu bimukira bakomeje kwinjira mu Bwongereza bagomba guhabwa ubuhungiro.

Leta y’u Rwanda yatangaje ko itazasubiza u Bwongereza arenga Frw miliyari 400 bwari bwarayihaye ngo izite ku bimukira bazaza.

Ishyaka ry’aba-Conservateurs ku ruhande rwaryo rivuga ko Guverinoma y’u Bwongereza yakabaye yarubashye u Rwanda ikaganira na rwo, mbere yo gufata icyemezo cyo gusesa ariya masezerano yatakarijwemo imisoro y’Abongereza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *