Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kirashinjwa kwigarurira amatelefoni n’amafaranga arenga Miliyoni bambuye imfungwa muri gereza i Kinshasa.
Byabaye ubwo habagaho isaka rusange muri iyi gereza y’i Kinshasa. Abatangaje aya makuru bavuga ko gereza yitabaje abasirikare maze ibyo babambuye barabyijyanira.
Uku gusakwa kwabaye mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 21/07/2024, ukorwa n’abasirikare baje bava muri Camp ya Kololo baja gusaka muri gereza ya Makala.
Amakuru avuga ko mu gusaka basanganye imfungwa amatelefone ahenze n’amaranga menshi y’amanye Kongo ndetse n’amadolari y’Amerika.
Aba basirikare kandi ngo banatwaye amafaranga agera ku $ 3000 y’amanyamerika. Kandi ko ay’amafaranga bayatse abanyapolitiki umunani bafungiye muri iyi gereza.
Aya makuru ntavugwaho rumwe na Leta ya Congo, kuko minisitiri w’ubutabera wa RDC, Constant Mutamba yavuzwe ko amashusho yatambukijwe kuri Tv5 Monde ari ayakera.


