Tshisekedi yashinje Joseph Kabila kuba ari we uri inyuma ya AFC/M23

Sangiza iyi nkuru

Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yashinje Joseph Kabila Kabange yasimbuye ku butegetsi kuba ari we uri inyuma y’ishingwa ry’ihuriro AFC ribarizwamo imitwe irimo uwa M23.

Tshisekedi yabivugiye mu kiganiro yaraye agiranye na Radiyo ya Top Congo FM, akaba yagikoreye i Bruxelles mu Bubiligi aho amaze iminsi arwariye.

Mu Ukuboza umwaka ushize ni bwo Corneille Nangaa wahoze ari Perezida wa Komisiyo y’amatora muri RDC yihuje n’imitwe irimo uwa M23, bashingira i Nairobi muri Kenya ihuriro bise Alliance Fleuve Congo (AFC).

Ni ihuriro rimaze igihe ryerura ko intego rifite ari ukuvanaho “ubutegetsi butemewe bwa bwana Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo”.

Tshisekedi mu kiganiro yaraye akoze yibasiye Kabila, avuga ko ari we uri inyuma y’ishingwa rya ririya huriro rikomeje kumubuza amahwemo.

Yagize ati: “Joseph Kabila? AFC ni we uyiri inyuma. Yivanye mu matora none ari gutegura ukwigomeka ku butegetsi. AFC iri gufatanya n’u Rwanda kurwanya RDC”.

Ibirego bya Tshisekedi kuri Joseph Kabila bije bikurikira ibyo Augustin Kabuya usanzwe ari Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka UDPS riri ku butegetsi yamushinje muri Mata uyu mwaka.

Icyo gihe Kabuya wagezaga ijambo ku barwanashyaka ba UDPS yavuze ko Kabila yahunze RDC kubera ko ari we uri inyuma y’intambara zimaze igihe zibera mu burasirazuba bw’iki gihugu.

Ati: “Mbabwira ko ibyo Nangaa arimo yabitumwe na Kabila bamwe barajujuye, ariko ni ko kuri. Ku bw’amakuru yanyu, ubu tuvugana Joseph Kabila yahunze igihugu, ntabwo agituye hano. Nta kimenyetso yasize muri DGM (Ibiro bishinzwe abinjira n’Abasohoka), yagiye rwihishwa kuko ri we wihishe inyuma y’intambara ibera mu burasirazuba bw’igihugu.”

Nyuma y’aya magambo ishyaka PPRD ry’uriya munyapolitiki wayoboye RDC imyaka 18 ryavuze ko ibirego bya Nangaa nta shingiro bifite.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *