Abo mu ishyaka ‘Sahwanya Frodebu’ barimo gutabaza umuhisi n’umugenzi nyuma yo kwibwa amabendera y’ishyaka ubugira kane mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.
Mu Ntara zitandukanye z’Uburundi haravugwa amakuru y’uko amabendera y’ishyaka rya Sahwanya Frodebu akomeje kuzimira mu bihe bitandukanye.
Abo muri iri shyaka bavuga ko mu gihe kitarenze icyumweru, hibwe amabendera ane y’iri shyaka mu turere dutandukanye tw’igihugu, nyamara inzego bwite za Leta ntizigire icyo zibikoraho.
Mu ijoro ryo kuwa 08 rishyira 09 Kanama 2024, amakuru avuga ko abantu batamenyekanye bakuye ibendera ry’ishyaka rya Sahwanya-Frodebu ku cyicaro gikuru cy’umusozi wa Bukeye, muri komini ya Nyanza-Lac mu ntara ya Rumonge (mu majyepfo y’igihugu).
Icyo gihe abashinzwe umutekano baho bagaragaje ko icyaha cyakozwe n’itsinda ry’abantu cumi na babiri ariko ntihagaragazwa umwirondoro wabo.
Mu gitondo cyo ku ya 6 Kanama 2024, muri komini ya Mitakataka no mu ntara ya Bubanza (mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’igihugu), ibendera ry’ishyaka rya Sahwanya Frodebu nabwo ngo ryamanuwe n’uwahoze ari umunyamabanga w’ishyaka CNDD-FDD, aherekejwe n’urubyiruko rwo muri aka gace.
Muri iryo ryo ku ya 6 Kanama kandi , ibendera riherereye i Kigabiro muri komini ya Songa mu ntara ya Bururi (mu majyepfo y’iburengerazuba bw’Uburundi) naryo ryibwe n’abantu batamenyekanye.
Nk’uko ishyaka rya Sahwanya Frodebu ribitangaza, ngo kuba ibi byaha bikomeje gutya ababikoze ntibakurikiranwe ngo bahanwe , bigaragaza guceceka kw’abategetsi b’Uburundi, no kuba nta demokarasi ihari.
Mu ibaruwa perezida w’ishyaka rya Sahwanya Frodebu muri komini ya Nyanza-Lac, Alphonse Mambo, yandikiye umuyobozi w’iyi komini, yamusabye ko hakorwa iperereza neza kugira ngo abakoze aya marorerwa bakurikiranwe n’amategeko ariko n’ubu ngo amaso yaheze mu kirere.


