Ibikorwa byo kubaka uruganda rutunganya urumogi mu Rwanda bigeze kuri 70%

Sangiza iyi nkuru

Ibikorwa byo kubaka uruganda rutunganya urumogi mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru bizaba birangiye muri Nzeri 2024, rutangire ibikorwa byo kurutunganya.

Uru ruganda rwubatswe na King Kong Organics (KKOG), ishami rya KKOG Global, rukaba rwarabaye sosiyete ya mbere yabonye uruhushya rw’imyaka itanu rwo gutunganya urumogi iruhawe n’Ikigo cy’Igihugu cy’iterambere (RDB).

KKOG yavuze ko yakoze ishoramari ry’ibanze rya miliyoni 10 z’amadolari muri iki gikorwa nko gukoresha imashini, gushora mu bikoresho, gushaka ubutak
a na ba rwiyemezamirimo, ndetse no gutumiza imbuto z’urumogi n’ibindi.

Uwashinze KKOG akaba n’umuyobozi mukuru, Rene Joseph, yasobanuye ko iyubakwa ry’iki kigo , byari biteganijwe kurangira muri Gicurasi, ariko biza kudindira kubera ko hari hakenewe umuhanda mushya ujya kuri icyo kibanza.

Ati: “Turi kuri 70 ku ijana kugira ngo turangize kubaka iki kigo.Turateganya kurangiza mu cyumweru cya mbere Nzeri”.

Guverinoma yiyemeje gutanga ibikorwa remezo bikenewe birimo imihanda, kuzitira ahazakorerwa ibihingwa bifite agaciro gakomeye (harimo n’urumogi), kamera z’umutekano hagamijwe kugenzura kugira ngo ibihingwa n’ibicuruzwa bitangirika ku baturage, ndetse n’amashanyarazi gutanga.

Urumogi ruzajya ruhingwa rwoherezwe mu mahanga kugira ngo inganda zaho zirukoremo imiti izanwa mu Rwanda kuvura abafite ibibazo byo mutwe n’abafite uburibwe bukabije.

Abayobozi bagaragaje ko hegitari y’ibihingwa by’urumogi bishobora kwinjiza amadolari agera kuri miliyoni 10, ayo akaba akubye inshuro zirenga 30 $ 300.000 zishobora kuva kuri hegitari y’indabyo nazo zifatwa nkigihingwa gifite agaciro kanini.

Amafaranga yinjira ku isoko y’urumogi rushingiye ku buvuzi ku isi yose, biteganijwe ko azagera kuri miliyari 20.24 z’amadolari mu 2024.
Nubwo u Rwanda rwemeje ihingwa ry’urumogi nka bumwe mu buryo buzifashishwa mu buvuzi, gukoresha no kugurisha urumogi ntibyemewe. Hari ibihano bikaze bihana abarunywa n’abarucuruza.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *