Muri Sudan icyorezo cya Kolera kiravuza ubuhuha

Sangiza iyi nkuru

Mu mpera z’icyumweru gishize ‘ku wa gatandatu’, Minisitiri w’ubuzima muri Sudani, Haitham Mohamed Ibrahim, yatangaje ku mugaragaro ko icyorezo cya kolera cyugarije iki gihugu.

Yavuze ko byamenyekanye hakozwe isuzuma mu byuma bya gihanga.

Ati: “Ikizamini cya laboratoire cyakozwe kigaragaza ko impiswi yugarije abenegihugu ari ikimenyetso cya kolera”.

Ibi byatangajwe nyuma y’uko umuryango w’abibumbye wita ku buzima (OMS) uvuze ko abantu bagera kuri 316 bapfuye bazize kolera muri Sudani.

Umuvugizi wa OMS, Margaret Harris, mu kiganiro yahaye abanyamakuru , yavuze ko muri Sudani hagaragaye abantu 11.327 banduye kolera , muri bo hapfa 316.

Yakomeje avuga ko haramutse nta gikozwe, umubare w’ubwandu bwa kolera ushobora kurenga uwari witezwe. Uretse Kolera, Inzego z’ubuzima muri Sudan zivuga ko hari izindi ndwara zikomeje kugenda ziyongera muri iki gihugu ziturutse ku isuku nke.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *