Rutshuru: M23 yaramutse irasana na FARDC

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 watangaje ko kuri uyu wa Kabiri ingabo zawo zaramukiye mu mirwano n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, mu duce twa Teritwari ya Rutshuru.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko imirwano yaramukiye mu duce twa Katale, Kaniro ndetse no mu nkengero zatwo, ashinja ingabo za Leta kurasa mu duce dutuwe n’abaturage benshi.

Ati: “Turamagana twivuye inyuma ibitero simusiga byagabwe n’ihuriro ry’ingabo z’ubutegetsi bwa Kinshasa byibasiye abaturage b’abasivili mu tuce dutuwe cyane Katale, Kaniro ndetse no mu nkengero zatwo, guhera saa kumi nimwe z’igitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 10 Nzeri 2024”.

M23 yavuze ko kuva mu gitondo ingabo zayo ziri “kurindana ubunyamwuga abaturage bibasiwe na biriya bitero by’ubugome”.

Imirwano yo kuri uyu wa Kabiri ije ikurikira iy’impande zombi zirimo kuva mu mpera z’icyumweru gishize.

Ni imirwano yongeye kubura nyuma y’agahenge kari kamaze ukwezi kurenga gasabwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse n’ibihugu by’akarere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *