Urubanza rwa Miss Sepetu rwasubitswe n’ibizamini by’inkari ze yatanze biteshwa agaciro

Sangiza iyi nkuru

Urukiko rwo muri Tanzaniya rwatesheje agaciro ibimenyetso byatanzwe na Wema Sepetu, birimo inkari yatumwe, mu rubanza ashinjwamo icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.

Ibi bibaye nyuma y’aho mu kwezi gushize umucamanza uburanisha urubanza ruregwamo Wema Sepetu, yatangaje ko urubanza rw’uyu nyampinga rusubikwa hakabanza gupimwa inkari ze ngo hazarebwe niba akoresha ibiyobyabwenge koko.

Mu gihe ubushinjacyaha bwavugaga ko hari abandi batangabuhamya bari bategerejwe ngo bemeza ko Wema akoresha urumogi, yaba abo batanze ubuhamya ndetse n’izi nkari Wema yatumwe byashyikirijwe urukiko ubwo rwasubukurwaga tariki ya 15 n’iya 16 Kanama 2017.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ikinyamakuru cyo muri Tanzania, bwiza.com ikesha iyi nkuru, gitangaza ko nyuma yo gusuzuma ubuhamya n’ibimenyetso byatwanzwe, Thomas Simba, umucamanza uburanisha Sepetu, yatangaje ko ibimenyetso byatanzwe byagakwiye kurenganura Sepetu biteshejwe agaciro kubera ko bitujuje ibisabwa ndetse ko birimo amanyanga menshi.

Uru rubanza rwahiswe rusubikwa, ruzongera gusubukurwa tariki ya 12 Nzeli 2017, niba nta bindi bimenyetso bigaragaye ngo bikure Wema Sepetu mu mazi abira, ashobora gukatirwa n’urukiko gufungwa imyaka 30 agacibwa na miliyoni imwe y’amashiringi ya Tanzaniya.

Kuva muri Gashyantare 2017, Wema Sepetu wabaye nyampinga wa Tanzania muri 2006, aregwa gucuruza no gukoresha ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bw’urumogi.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dushimimana Jean
de Dieu/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *