Sengabo Jean Bosco wamamaye nka Fatakumavuta, kuri uyu wa Kane tariki ya 31 Ukwakira 2024, yabwiye urukiko ko atiteguye kuburana kuko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranwaho.
Urubanza rwe rwahise rusubikwa nyuma y’uko umwunganira yagaragaje ko batabashije kubona dosiye ngo amenye ibyo akurikiranyweho, bagaragaza ko batiteguye kuburana.
Umunyamategeko yasabye urukiko ko rwabaha umwanya wo kwiga urubanza neza kugira ngo bazaburane biteguye.
Ku ruhande rw’Ubushinjacyaha bwavuze ko nta mpamvu yo gusubika urubanza kuko ibikubiye muri dosiye y’uregwa n’umwunganira babizi.
Nyuma yo kumva impande zombi, Inteko iburanisha yafashe icyemezo cyo kwimurira iburanisha ry’uru rubanza ku wa 5 Ugushyingo 2024.
Fatakumavuta yatawe muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), tariki wa 18 Ukwakira 2024, akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha imvugo zishyamiranya abantu mu myidagaduro, gutukana ndetse no kubuza amahwemo abandi hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.


