Impamvu Rayon Sports U-17 yanyagiwe na APR FC U-17 ibitego 9-1 mu mboni za Ngabo Roben

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya APR FC yanyagiye Rayon Sports ibitego 9-1, mu mukino wa shampiyona y’abatarengeje imyaka 17 yatangijwe ku Cyumweru tariki ya 17 Ugushyingo.

Igice cya mbere cy’uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium cyarangiye ingimbi za APR FC zisanzwe zitozwa na Ngabo Albert ziri imbere n’ibitego 7-1, mbere yo kongeramo ibindi bibiri mu gice cya kabiri cy’umukino.

Ku mbuga nkoranyambaga abakunzi ba ruhago ntibiyumvishije buryo ki ikipe yo mu Nzove yanyagiwe bene kariya kageni na bakeba babo b’i Shyorongi.

Mu gihe umutoza wa Rayon Sports U-17 avuga ko abakinnyi ba APR FC bamutsinze ari “bakuru”, Ngabo Roben uvugira Rayon Sports we avuga ko batsinzwe n’ikipe isanzwe imenyeranye kubarusha.

Ati: “Twakinnye n’ikipe nziza imaze imyaka 3 iri hamwe. Yongewemo bamwe mu bakiniye Amavubi U-15 previously. Twe tumaze ibyumweru bitatu tumenye ko shampiyona ya U-17 izabaho. Nta gihe cyo gukora Selection (kubatoranya) no kubaha imyitozo ikwiye twabonye.”

Ngabo yunzemo ati: “Si urwitwazo twatsinzwe. Ariko Tuzihimura nta shiti.”

FERWAFA ivuga ko irushanwa ry’abana batarengeje imyaka 17 ryatangiye ku Cyumweru rigomba gufasha abana 420 bo hirya no hino mu gihugu kuzamura impano, barimo abahungu ndetse n’abakobwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *