Polisi ya Kenya ikorera mu gace ka Isiolo yataye muri yombi abagabo 4 bafite inkomoko mu gihugu cy’u Burundi, bikaba bikekwa ko bashakaga kwambuka muri Somalia kwiyunga ku mutwe w’intagondwa wa Al Shabaab.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Polisi ya Kenya yatangaje ko aba barundi baje muri kiriya gihugu nk’abakerarugendo baturutse mu mujyi wa Bujumbura, nyuma bagafatwa bagerageza kwambuka banyuze mu gace ka Mandela ngo berekeze muri Somalia, amakuru akaba avuga ko bari bagiye kwiyunga ku mitwe y’iterabwoba.
KTN dukesha iyi nkuru ivuga ko aba bagabo barimo Ntakarutimana Benerd w’imyaka 41, Niyongere Yusuf w’imyaka 32, Nshimirimana Fulgnce Shadady w’imyaka 31 ndetse na Bizoza Abderauf w’imyaka 20 bafashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri bizinduye bahuje umugambi wo kwambuka bakajya muri Somalia.
Polisi yatangaje ko aba bagabo bahaswe ibibazo bakemera ko bakorana na Al Shabaab ubu ikaba ibacumbikiye mu gihe hahise hanatangizwa iperereza ryimbitse.
Ikinyamakuru The standards cyo muri Kenya cyo kivuga ko mu kwezi kwa 6 uyu mwaka na none abandi 5 biganjemo urubyiruko bafatiwe muri aka gace nab o bafite umugambi umwe n’uw’abatawe muri yombi none.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ni mu gihe hari n’abanyakenya babarirwa mu mutwe wa Al Shabaab bagiye bagaragara bityo bikaba bivugwa ko aba barundi baba bafitanye umupango na bo.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengiyumva Philippe@Bwiza.com


