Nyuma y’uko urukiko rw’ikirenga rwa Kenya rusheshe ibyavuye mu matora y’umukuru w’igihugu, bamwe mu bagize Inteko ishinga amategeko ya kiriya gihugu basabiye umucamanza mukuru wafashe iki cyemezo ko yakwirukanwa.
Ni nyuma y’uko muri iki gihugu cya Kenya habaye amatora ku mwanya wa Perezida, aho abatavuga rumwe n’ubutegetsi butangaje ko butishimiye ibyavuye mu matora ndetse n’inzego z’ubutabera zigafata umwanzuro wo kubisesa hagendewe ku bushakashatsi bwakozwe ku bijyanye n’uko amatora yakozwe ndetse no ku bijyanye n’ibarura ry’amajwi.
Ni muri urwocrwego Depite Ngunjiri Wambugu, ashinja umucamanza mukuru David Maraga kwitwara nabi no gukora icyo yise guhirika ubutegetsi yitwaje amategeko bityo akaba na we yamusabiye ko yakwirukanwa ku buyobozi.
Uyu mudepite Wambugu ubarizwa mu rugaga Jubilee ruri ku butegetsi rwa Perezida Uhuru Kenyatta yashinje uyu mucamanza mukuru kwigomeka ku butegetsi ndetse no gushaka gutuma abantu bigumura.
Na ho uwo mucamanza mukuru n’abagenzi be batatu bakorana mu rukiko rw’ikirenga, bo bakaba bashyigikiye icyemezo cy’umukandida utavuga rumwe n’ubutegetsi, Raila Odinga, uvuga ko amatora aherutse yaranzwe n’uburiganya.
Urukiko rw’ikirenga rwa Kenya rwategetse ko ayo matora asubirwamo mu kwezi gutaha kw’Ukwakira.
Perezida Kenyatta yavuze ku mwanzuro wafashwe n’urukiko ko amatora agomba gusubirwamo, avuga ko atarwanya umwanzuro w’urukiko ariko ko atanemeranya na wo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Depite Nunjiri Wambugu yasabye ko akanama gashinzwe kugenzura abacamanza gakora iperereza ku myitwarire y’uwo mucamanza mukuru ndetse byanaba ngombwa akirukanwa.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter


