Guhera ku wa 20 Nzeri 2017, muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hakomeje kugwa imvura idasanzwe ari nako ihitana benshi abandi bakazimira.
Urugero rwa hafi ni ahitwa Bihambwe,mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru , ku birometero 50 uvuye mu mujyi wa Goma , ku wa 20 Nzeri, imvura zateje imyuzure n’inkangu zikaze.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuryango w’Abaganga batagira umupaka [ MSF] , ishami rya Congo , uratagaza ko abaturage bagera kuri 92 baburiwe irengero kugeza magingo ay a nta gakuru kabo.
Amazu 102 arasenyuka andi ararengerwa . Mu gihe kandi ikipe y’ubutabazi ya MSF Congo yajyaga kubarura ibyangijwe n’iyi mvura ikaze, hagaragaye ko abantu bababaye cyane gusa aba baturage bakaba bakeneye ubufasha bwihuse.
MSF Congo kandi iratangaza ko muri ubu butabazi bwayo,umwe mu bakozi bayo yahasize ubuzima.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Marshall Eugene David /Bwiza.com


